• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO
22/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha
22/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo
22/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro cyane ko nta wundi bafite ubibakorera-Guverineri Kayitesi

Ingabo z’u Rwanda zibungabunga amahoro muri Darfur zambitswe imidari

Umwanditsi
September 7, 2016

Ingabo z’u Rwanda zibarizwa muri Batayo ya 45 zibungabunga amahoro mu muryango w’Abibumbye i Darfur mu gihugu cya Sudani ( UNAMID) bambitswe imidari y’ishimwe.

Ingabo z’u Rwanda za Batayo ya 45 zibungabunga amahoro mu Muryango w’Abibumbye i Darfur muri Sudani (UNAMID), kuri uyu wa kabiri taliki ya 06 Nzeri 2016 bambitswe imidari y’ishimwe ry’akazi bakomeje kugaragaza gukora kinyamwuga. Umuhango wo kwambikwa iyo midari wabereye ku cyicaro cy’ingabo z’u Rwanda Batayo ya 45 ziri mu butumwa bw’amahoro muri Zalingei i Darifuru.

Unamid_Sctor_Central_Head_Office

Umuyobozi mukuru muri uwo muhango yari umuhuzabikorwa Mukuru w’ibiro bya UNAMID muri Zalingei, Mr. Lamech Kawich. Mu ijambo yagejeje ku bari aho, yashimiye ingabo z’u Rwanda za Batayo ya 45 zibungabunga amahoro muri UNAMID uburyo zagaragaje imikorere myiza mu mezi 9 zimaze mu butumwa bw’amahoro.

Yagize ati:“Ubuyobozi bwa UNAMID bushimishijwe cyane n’uburyo mukora akazi muri ubu butumwa bw’amahoro mwoherejwemo, muri abo gushimirwa”.

Abasirikare b'u Rwanda Batayo 45 Darfuru

Mr. Lamech Kawich, yakomeje agaragaza uburyo ingabo z’u Rwanda zibungabunga amahoro muri Loni ari intangarugero mu gukora kinyamwuga mu buryo bwo kurinda abaturage.

Mu ijambo ry’Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda za Batayo ya 45 ziri mu butumwa bw’amahoro, Lt Col David Murenzi yashimiye izindi ngabo na polisi bahuriye mu butumwa bw’amahoro muri UNAMID, uburyo badahwema kugaragaza imikoranire myiza hagati yabo.

LT_COL_MURENZI muri Darifuru

Yakomeje ashimira ingabo z’u Rwanda za Batayo ya 45 uburyo bitanze mu kugaragaza uruhare rwabo bafatanyije n’imiryango mpuza mahanga mu kugarura amahoro muri Darfur.

Umuhango wo kwambikwa imidari wari witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye barimo: Uhagarariye inyungu z’u Rwanda muri Repuburika ya Sudani, Mr. Ismail Shyaka; Abayobozi batandukanye ba UNAMID barimo Sector Central Commander, Abayobozi bo mu nzego z’ibanze hamwe n’abaturage bayobora.

MEDAL_PARADE

Iyi nkuru tuyikesha urubuga rwa RDF

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5985 Posts

Politiki

4232 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1058 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga