• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Bishyuje amafaranga bakoreye aho kwishyurwa bahatwa inkoni

Umwanditsi
September 13, 2016

Abaturage batunganya igishanga cya Nyabarongo baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu, mu gihe kigera hafi ku mezi ane bakora badahembwa, ubwo bishyuzaga ayo bakoreye bishyuwe inkoni kugera bamwe bakomerekejwe.

Kuri uyu wa kabiri Taliki ya 13 Nzeli 2016, abaturage bageze mu gice cy’umurenge wa Mugina bagitunganya bamwe muribo bakubiswe ubwo bishyuzaga amafaranga bakoreye ndetse barakomereka.

Abaturage baganiriye n’umunyamakuru w’intyoza.com ubwo yageraga aho bari bateraniye bategereje ababakoresheje ko baza bakabishyura utwabo, bavuga ko mu gihe bari bategereje ko babwirwa ibyo kwishyurwa Polisi yabahutsemo ikabahata igiti.

Turikumwe Philemon umwe muri aba baturage wakubiswe, yagize ati:” Naje muri iyi Kampani nje gushaka ubuzima, naje mu kibazo cy’amafaranga yacu aho kugira ngo bumve ibyacu batwahuka n’inkoni, amapingu baratwambika. Bankubise inyuma mu ntugu, za ruseke benda kuzimena twabaza icyo tuzira bakatubwira ko turi intaragahanga. Turashaka gusa ko baduha ibyacu hanyuma tukava muri kampani yabo bagasigarana ibyabo”.

Umuturage wakubiswe kugera n'aho imibyimba y'inkoni yishushanya aho yakubiswe.
Umuturage wakubiswe kugera n’aho imibyimba y’inkoni yishushanya aho yakubiswe.

Icyo aba baturage bose bahurizaho ni uko bakeneye ko Kampani bakoreye yabishyura amafaranga bakoreye bagatandukana mu mahoro. Batangaza kandi ko aho gukubitwa mu kimbo cyo kubishyura bahabwa udufaranga bakoreye bakigendera mu mahoro.

CIP Hakizimana Andre, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’amajyepfo, ku murongo wa Telefone yabwiye intyoza.com ko habaye hari umupolisi wahohoteye umuturage yaba yabikoze kugiti cye, ko nta rwego rwa Polisi rwamutumye, yavuze kandi ko bagiye kubikurikirana.

Aba baturage twasanze mu murenge wa Mugina mu kagari ka Nteko, baturuka mu bice bitandukanye by’akarere ka Kamonyi n’ahandi harimo ab’umurenge wa Mugina, Rugarika hakaza kandi abaturuka Mageragere ya Kigali ndetse n’abaje bakomotse mu karere ka Bugesera n’ahandi hatandukanye baje gushaka ubuzima.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Mbaraga jimmy says:
    September 15, 2016 at 10:11 am

    Police y,urwanda ikora kinyamwuga ikurikirane irebe koko niba hari umu police wabigizemo uruhare kuko police ishinzwe kurinda abaturage

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga