• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/10/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
30/10/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse
30/10/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET yatahanye asaga Miliyoni ku Ipari ebyiri zisa
30/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka

Kicukiro: Gitifu w’akarere arahakana ibivugwa ko yaba yeguye mu kazi

Umwanditsi
September 17, 2016

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Kicukiro (ES) yateye utwatsi amakuru yazindutse atangazwa ko yaba yeguye kumirimo ye mu karere.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu taliki ya 17 Nzeli 2016, amakuru yazindutse acicikana ku mbuga za whatsapp no mubantu batandukanye, avuga ko umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Kicukiro Rukebanuka Adalbert yaba yeguye ku mirimo ye yatewe utwatsi.

Rukebanuka Adalbert, umunyamabanga nshingwabikorwa (ES) w’akarere ka Kicukiro yateye utwatsi aya makuru avuga ko rwose ibyo bivugwa ataribyo ko bamubeshyera, ko atazi aho byavuye.

Ku murongo wa Telefone ngendanwa, Rukebanuka yabwiye ikinyamakuru intyoza.com ati:” Sorry, wampamagaye nyoboye inama nubu ndacyayoboye inama. ibyo wumvise ni ibihuha. Reka reka! nubu nyoboye inama y’akazi ku karere, ariko se ubwo waba weguye ukayobora inama”.

Rukebanuka, ibi yabitangarije intyoza.com nyuma y’uko yari yamushakishije ku murongo wa Telefone ye ngendanwa ntaboneke ndetse n’ubutumwa yari yohererejwe ntabashe guhita abusubiza. Gusa yavuze ko impamvu ari uko yari ayoboye inama.

Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro Dr Nyirahabimana Jeanne, ku murongo wa Telefone ye ngendanwa yabwiye ikinyamakuru intyoza.com ko amakuru y’ubwegure bwa Rukebanuka Adalbert atayazi.

Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi ubwo hatangazwaga amanota y’imihigo y’uturere, yagaye cyane akarere ka Kicukiro avuga ko bibabaje cyane kuba akarere karajyaga kaza mu myanya ya mbere ariko ubu kakaba kabyiganira mu myanya y’inyuma.                                                                                                        

Minisitiri w’Intebe Murekezi, yavuze ko ubuyobozi bw’akarere nta murongo w’imiyoborere bufite bukoreramo. Ko bukwiye kwisubiraho, yavuze ko muri nyobozi harimo ikibazo, ko no muri Technical kwa Gitifu w’akarere hari ikibazo bakwiye kureba bakanoza neza. muri make Gitifu w’akarere yari yanenzwe imikorere.

Bamwe mu bakurikirira hafi n’abasesenguzi, batangaza ko naho ukwegura kwe kwaba kwari ukuri gushobora kuburizwamo mugihe amakuru yo kwegura yaba yagiye hanze mbere y’uko bitangazwa mu buryo bw’umugaragaro (official).

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. papa says:
    September 20, 2016 at 7:59 am

    Abo bose nabashaka gutesha umutwe Abayobozi b’Akarere ka Kicukiro kuko mbona Imihigo ikomeje kandi imibanire yabo nta gatotsi tubonamo. RUKEBANUKA Adalbert ni umugabo warezwe , wahawe ubupfura kandi akorana neza n’abakozi bose, njyewe nasanze ari umuntu wicisha bugufi.

    Ahubwo nagira inama Abayobozi b’Akarere ahubwo gushyira imbere ibikorwa begera abaturage naho ubundi urabona hari abantu bashaka kubatesha umurongo. Erega nabonye n’umwaka ushize bafite ibikorwa byiza cyane byakozwe.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5901 Posts

Politiki

4152 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1025 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga