• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
27/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
27/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
27/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Minisitiri w’ubuzima wari umaze igihe ategerejwe yashyizweho, ba Guverineri 3 baricazwa

Umwanditsi
October 4, 2016

Mu mpinduka zitunguranye umukuru w’igihugu Paul Kagame yakoze, Minisiteri y’ubuzima itagiraga umuyobozi yamubonye naho ba Guverineri batatu barasimburwa.

Kuri uyu wa Kabiri taliki ya 4 Ukwakira 2016, umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yakoze impinduka zitandukanye muri Guverinoma zanaje zitunguranye aho zisize uwari minisitiri w’uburinganire n’iterambere Dr Diane Gashumba agizwe Minisitiri w’Ubuzima naho batatu muri ba Guverineri bakicazwa.

Dr Diane Gashumba wahawe kuyobora Minisiteri y'Ubuzima.
Dr Diane Gashumba wahawe kuyobora Minisiteri y’Ubuzima.

Dr Diane Gashumba, wahawe kuyobora Minisiteri y’ubuzima, asimbuye Dr Binagwaho Agnes wari uherutse gukurwa kuri uyu mwanya mu mezi hafi atatu ashize Minisiteri ikaba yari imaze iminsi itagira Minisitiri uyiyobora.

Muri izi mpinduka kandi, abaguverineri batatu muri bane bakuwe mu mirimo barasimbuzwa. Mu basimbujwe barimo, Guverineri w’intara y’uburasirazuba, Guverineri w’Intara y’amajyaruguru hamwe na Guverineri w’Intara y’iburengerazuba.

Guverineri Bosenibamwe aime, yakuwe ku mwanya wo kuyobora intara y’amajyaruguru asimbuzwa Musabyimana Claude, Guverineri Uwamariya Odette yakuwe ku kuyobora intara y’uburasirazuba asimbuzwa Kazayire Judith wari umuyobozi w’umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage naho Guverineri Mukandasira Cartas w’intara y’uburengerazuba arayamburwa ihabwa Mureshyankwano Marie Rose.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga