• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: The Brothers F.C yatsinze Arsenal 3-2 mu mukino wo Kwibuka abari Abasiporutifu
04/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bunamira kandi bashyira indabo ahiciwe abana basaga 100
04/05/26
Itangazo ryo guhinduza amazina ya Nyiracumi Theodosie
04/05/26
Karama-Kwibuka32: Kuba muriho uyu munsi ni igihamya cy’uko umwijima utigeze uzimya Urumuri rwanyu-Zacharie/Ibuka

Rulindo: Umugabo akoresheje icyuma, yishe umugore we amukebye ijosi

Umwanditsi
October 4, 2016

Umugabo witwa Biziyaremye Yohani Mariya Viyani w’imyaka 35 y’amavuko, ari mu maboko ya Polisi aho akurikiranyweho icyaha cyo kwica umugore we amukebye ijosi.

Kuri uyu wa mbere taliki ya 3 ukwakira 2016, mu karere ka Rulindo mu ntara y’amajyaruguru, umugabo Biziyaremye w’imyaka 35 y’amavuko yishe umugore we witwa Muhawenimana Ernestine w’imyaka 36 y’amavuko amukebye ijosi. Uyu mugabo ubu afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Bushoki muri aka karere.

Biziyaremye, yari atuye mu kagari ka Mugote mu murenge wa Ngoma, amakuru aturuka mu baturanyi bazi neza uyu muryango ahamyako bombi, umugabo n’umugore bari  umuryango wari ubayeho mu makimbirane.

Biziyaremye, mu minsi ishize yigeze gufungwa imyaka itandatu, nyuma yo gufungwa yaje gufungurwa asanga umugore we yarabyaye umwana hanze, ibi byarushijeho kuzana umwuka utari mwiza muri uyu muryango biviramo uyu mugabo gutandukana n’umugore we ajya kwishakira undi.

Iyicwa rya Muhawenimana ngo ryaturutse kandi ku murima bapfaga umwe ashaka ko ugurishwa bakawugabana undi akabyanga, umugabo ngo yahurujwe ko uyu mugore we Muhawenimana awurimo aza aje kuwumwirukanamo.

Ubwo Biziyaremye yageraga ku murima ngo habayeho guterana amagambo kuri we n’umugore we Muhawenimana ari nawe mugore w’isezerano. Umugabo ngo yaje kumukubita urushyi hanyuma ubwo umugore yabonaga asumbirijwe ariruka ariko umugabo amwirukaho ari nabwo ngo yamutegaga akitura hasi agahita afata icyuma akamukeba ijosi undi agahita apfa.

Mu gihe Biziyaremye yaburanishwa agahamwa n’icyaha, yahanishwa ingingo ya 142 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda aho iyi ngingo ivuga ko uhamwe n’icyaha cyo kwica umugore we ahanishwa igifungo cya Burundu.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5957 Posts

Politiki

4205 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga