• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Kamonyi: Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Karama yaba yeguye

Umwanditsi
October 14, 2016

Amakuru agera ku kinyamakuru intyoza.com aravuga ko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Karama Sebagabo francois yaba yamaze kwegura ku mirimo yo kuyobora umurenge.

Kuri uyu wa gatanu taliki ya 14 Ukwakira 2016, amakuru agera ku kinyamakuru intyoza.com aravuga ko Sebagabo Francois, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Karama yaba yamaze kwegura.

Iyegura cyangwa iyeguzwa ry’uyu munyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Karama, ngo ryaba rije rikurikira ibikorwa bitari byiza byamuvuzweho byo kuba hari inzu y’abatishoboye mu murenge ayobora bivugwa ko yabayemo igihe kirenze umwaka atayishyura.

Ubwo ikinyamakuru intyoza.com cyageragezaga kuvugana na Sebagabo kuri telefone ngendanwa y’akazi, yari ifitwe n’undi mukozi w’uyu murenge avuga ko Gitifu we ntawe uhari ko gusa kuba ariwe uyifite ari ibisanzwe.

Ageragejwe guhamagarwa kuri Telefone ye bwite ngendanwa, Sebagabo yasabye umunyamakuru wamuhamagaye kumuha ubutumwa bugufi(SMS), Nyuma yo kubuhabwa abazwa niba koko yaba yeguye n’impamvu zabiteye, ntabwo yigeze agira icyo asubiza ku butumwa yahawe.

Udahemuka Aimable, umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, ku murongo wa Telefone ngendanwa ubwo yavuganaga n’intyoza.com, abazwa ku iyegura cyangwa iyeguzwa ry’uyu mu gitifu, yavuze ko ari mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda ariko ko nahuguka aribwo araza kugira icyo avuga.

Inkuru irambuye ku iyegura cyangwa iyeguzwa ry’uyu Sebagabo Francois, turakomeza kuyigukurikiranira, ubwo turagira ibirenze ibi tumenya n’ubuyobozi bukatuvugisha turabigutangariza. Gumana n’intyoza.com

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

3 Comments

  1. Batigol says:
    October 14, 2016 at 10:19 am

    Yoo twizereko ko ataribyo kuko Sebagabo ubundi yakoraga neza.

  2. Sylvestre says:
    October 14, 2016 at 6:19 pm

    Kabisa akarere kacu kamaze gutera Imbere aho basigaye bakosora n’abanyamakosa”Aimable we izina niryo muntu kabisa ntuhemuka koko komereza aho abaturage twagutoreye kuturenganura tukuri inyuma

  3. Sarambuye says:
    October 14, 2016 at 6:29 pm

    Nyakubahwa Muyobozi w’Akarere nk’abarezi bo mukigo cy’ishuri cya GS ASPEK Kayenzi natwe turatabariza abanyeshuri babakobwa basambanyirizwa mu icumbi ry’umuyobozi w’Ikigo nderabuzima cya Kayenzi ushinzwe Discipline Agafatanya n’Umuyobozi wacu Directeur kuzinzika aya makuru uyu muyobozi w’ikigo nderabuzima yatumazeho abanyeshuri mudufashe nimushaka aya makuru by’imvaho muze mutubaze abarezi(abarimu)muri ASPEKA kuko aba banyeshyuri bafatiweyo bahabwa igihano cyo kudakora ibizamini kuko bahawe weekend (ibi byabaye mugihembwe cyaahize

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga