• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Nyandwi Désiré intumwa ya rubanda yitabye Imana

Umwanditsi
October 14, 2016

Mu gihe kitageze ku byumweru bi biri, mu nteko ishinga amategeko urupfu rwongeye gutwara intumwa ya Rubanda, Hon. Nyandwi Désiré yitabye Imana.

Nyandwi Désiré benshi bigeze kumenya ku kazina ka Desideri, amakuru agera ku kinyamakuru intyoza.com aremeza ko yamaze kwitaba Imana. Iyi ntumwa ya rubanda mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda urupfu rwe ruje rukurikira urwa Hon. Jean de Dieu Mucyo wari mu nteko ishinga amategeko umutwe wa Senana. Mucyo,  yitabye Imana mu cyumweru gishize urupfu rwe rwashegeshe abatari bake.

Ku rubuga rw’inteko ishinga amategeko y’u Rwanda(Website), hariho amagambo agira ati:”Hamwe n’umutima uremerewe wuzuye agahinda, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda irabamenyesha ko Hon. NYANDWI Désiré yitabye Imana kuri uyu wa 14 Ukwakira 2016, mu bitaro byitiriwe Umwami Faycal.”

Amakuru agera ku kinyamakuru intyoza.com avuga kandi ko iyi ntumwa ya rubanda mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, Hon. Nyandwi Désiré yagejejwe mu bitaro byitiriwe umwami Faycal yumva atameze neza ariko kandi ngo atari ibikomeye cyane nubwo byanze bikarangira Imana Imuhamagaye.

Hon. Nyandwi Désiré, impamvu y’urupfu rwe ntabwo irashyirwa ahagaragara, atabarutse yari amaze imyaka igera kuri 13 mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda aho yatowe avuye mu muryango wa RPF Inkotanyi.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga