• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Ubutegetsi bw’u Rwanda bwerekanye aho buhagaze ku gutanga k’umwami Kigeri

Umwanditsi
October 18, 2016

Mu gihe umwami wa nyuma wategetse u Rwanda ariwe Kigeri V Ndahindurwa ya Tangaga(yitabye Imana), hari bamwe mu batangiye kwibaza icyo Leta y’u Rwanda igomba gutangaza ariko byarangiye yerekanye aho ihagaze.

Ugutanga k’umwami Kigeri V Ndahindurwa, umwami wa nyuma wategetse u Rwanda ku bw’ingoma ya cyami, kwaje gutunguranye ariko kandi bamwe banatangira kwibaza icyo Leta y’u Rwanda yari buvuge cyangwa yari bukore ku bijyanye no gutanga kwe ndetse no kumushyingura.

Kuri uyu wa Kabiri taliki ya 18 ukwakira 2016, ahagana mu rukerera nibwo guverinoma y’u Rwanda yashyize itangazo ahagaragara, igaragaza uko itekereza ibyo gutanga(kwitaba Imana)kwe ndetse n’ibijyanye n’uko itekereza ku bw’ishyingurwa rye.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Leta y’u Rwanda rigira riti:” Guverinoma y’u Rwanda yababajwe no kumva inkuru y’urupfu rwa Kigeli V Ndahindurwa wahoze ari umwami w’u Rwanda. Kigeli yirukanywe mu gihugu n’ubutegetsi bw’abakoloni b’Ababiligi tariki 2 Ukwakira 1961 ahungira mu cyahoze ari Tanganyika, nyuma aza kuba muri Uganda na Kenya hanyuma mu 1992 ahungira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yatabarukiye tariki 16 Ukwakira 2016″.

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza igira iti:” Guverinoma y’u Rwanda ntiramenyeshwa n’umuryango we ibijyanye n’imihango yo kumusezera no kumushyingura, ariko nihamenyekana uko bifuza byakorwa, Guverinoma yiteguye gutanga ubufasha bwose bwa ngombwa”.

Kugeza ubu, nubwo ugutanga k’umwami Kigeri V Ndahindurwa bamwe bagenda babifata uko babyumva ndetse n’agaciro bamuhaga nk’uwigeze kuba umwami w’u Rwanda ku gihe cy’ubutegetsi bwa cyami; atanze yahoraga yifuza gutahuka mu Rwanda rwe. Ntabwo hari hashyirwa ku mugaragaro niba agomba gushyingurwa mu Rwanda cyangwa se niba hari ukundi biteganywa.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga