• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kiriziya Gatolika mu bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Umwanditsi
October 22, 2016

Kiliziya Gatolika mu karere ka Ruhango ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda muri aka karere, binyuze mu muryango uharanira ubutabera bugamije amahoro bahaye ubumenyi abaturage 127, ku buryo barwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina no guteza imbere uburenganzira bw’abagore.

Mu mahugurwa y’iminsi ibiri, Polisi yasobanuriye abayitabiriye amategeko ateza imbere uburenganzira bw’abagore ndetse n’andi ahana ababangamira uburenganzira bwa muntu muri rusange.

Abitabiriye aya mahugurwa barimo abatangabuhamya ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’abakorewe iri hohoterwa.

Mu ijambo yagejeje ku bahuguwe, ushinzwe imikoranire myiza hagati ya Polisi y’u Rwanda, abaturage n’izindi nzego, Inspector of Police (IP) Angelique Abijuru yababwiye ku mategeko mpuzamahanga ndetse n’ayo mu gihugu arengera ndetse agateza imbere uburenganzira bw’abagore ndetse n’uko akoreshwa mu Rwanda.

Yagize ati:” amategeko yose mpuzamahanga ndetse n’itegekonshinga ry’u Rwanda mu ngingo yaryo ya 11 yerekana uburyo bwose bw’ivangura, naho iya 15 y’iri tegekonshinga yo ikavuga ko nta muntu n’umwe ukwiriye kugirirwa nabi haba ku mubiri no mu bitekerezo. Niyo mpamvu inzego zose zigomba gufatanya kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina”.

Yakomeje ababwira ko itangazo ry’Umuryango w’Abibumbye ryo mu mwaka w’1993 ku guca burundu ihohoterwa rikorerwa abagore; rivuga ko umugore afite uburenganzira ku kurindwa no kugira ibyishimo nk’uburenganzira bwose bwa muntu ndetse n’ubwisanzure mu bya politiki, ubukungu, imibereho myiza,umuco n’ibindi.

Uretse aya mategeko mpuzamahanga, IP Abijuru yabasabye kujya batanga amakuru y’ihohoterwa iryo ariryo ryose, aho yavuze ko ingingo za 197 na 245 zihana iri hohoterwa rishingiye ku gitsina.

Banasobanuriwe impamvu zitera ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ingaruka zaryo.

Ushinzwe irangamimerere mu karere ka Ruhango Madeléne Ikitegetse, yavuze ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina rigira ingaruka mbi ku muryango no ku gihugu muri rusange.

Yagize ati:” iyo nta terambere riri mu muryango, no ku gihugu niko biba bimeze. Umuryango ntiwatera imbere mu gihe uhora urangwamo amakimbirane”.

Abasoje aya mahugurwa biyemeje kwihangira imirimo no kwishyira hamwe ndetse bakagana ibigo by’imari nk’imwe mu nzira zo kwiteza imbere no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga