• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
17/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari
17/09/25
Indege itagira umupirote( Drone) y’Igisirikare cy’u Rwanda yakomerekeje Abanyeshuri
17/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa

Kamonyi: Hegitari zisaga 100 z’ubuso bwari buteweho imyaka itandukanye zangijwe n’urubura

Umwanditsi
November 1, 2016

Imvura n’amahindu bidasanzwe byaguye kuri uyu wa kabiri tariki ya 1 ugushyingo 2016, byangije ibitari bike mu karere ka kamonyi kuburyo bigoye ko abaturage bagira icyo baramura mu murima.

Mu murenge wa Kayumbu ho mu karere ka Kamonyi niho imvura ivanze n’amahindu byigirije nkana mu myaka y’abaturage kuko hegitari zigera ku ijana mu midugudu 2 zangijwe kuburyo nta muturage uzageramo.

Amahindu (urubura) ndetse n’iyi mvura bidasanzwe byibasiye cyane Akagari ka Muyange mu midugudu yako nka Murambi, Kangezi ndetse n’igice cya Kaje aho mu myaka yari mu mirima nta kwirirwa abaturage bageramo uretse kuba hashakwa ubundi buryo bwo kureba uko batera indi dore ko ntawamenya ko higeze imyaka.

Hirya no hino mu mirima y'imyaka itandukanye nguku uko urubura rwari rwahagize.
Hirya no hino mu mirima y’imyaka itandukanye nguku uko urubura rwari rwahagize.

Ubuyobozi bw’uyu murenge, bwatangaje ko iyi mvura ndetse n’amahindu byaguye mu buryo butunguranye byangije byinshi ndetse bikaba nta muturage uzigera agera mu murima. Hateganijwe inama y’ubuyobozi n’abaturage kugira ngo barebe ko hari icyakorwa kindi nko gushaka imbuto yindi yo gutera ahari hasanzwe imyaka yangiritse.

urubura-kayumbu1

Uretse muri aka karere ka Kamonyi, amakuru agera ku kinyamakuru intyoza.com, ahamya ko no muturere tumwe na tumwe hirya no hino mu gihugu twaba twagushije iyi mvura n’amahindu ndetse ngo imyaka mu mirima ikaba yangiritse, amazu ndetse na bimwe mu bikorwa remezo bikaba bitasigaye.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5867 Posts

Politiki

4118 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga