• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/05/26
Huye: Urumogi ibiro 480, Kanyanga Litiro 460 na Litiro z’Ibikwangari byangijwe ku mugaragaro
23/05/26
Kamonyi-JADF: Abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere basabwe kunoza imikoranire
23/05/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi abagabo bane bakekwaho ubujura
23/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Minisitiri Dr. Bizimana yibukije abahakana n’Abapfobya Jenoside ko ukuri kw’aya mateka kutazacecekwa 

Meya wa Kamonyi yemeje ko Gitifu w’umurenge wa Karama yeguye

Umwanditsi
November 2, 2016

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Karama Sebagabo Francois, hakurikijwe ibaruwa yandikiye ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi asezera ku mirimo, Kwegura kwe kwahawe umugisha.

Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Udahemuka Aimable, Kuri uyu wa gatatu taliki ya 2 Ugushyingo 2016, yemereye ikinyamakuru intyoza.com ko amakuru y’iyegura rya Sebagaboabo Francois umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Karama ari impamo.

Udahemuka Aimable, yatangarije intyoza.com ko kwegura k’uyu munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge Sebagabo ari igikorwa yakoze ku mpamvu ze bwite, ko buriya nk’umuntu mukuru afite izindi gahunda zitamenywa n’undi wese.

Meya Udahemuka yagize ati:” Twabonye ibaruwa y’ubwegure bwe, avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite, ntabwo twamenya ibyo agiye gukora kuko nk’umuntu mukuru buriya afite gahunda ze wenda byaba no kwikorera kugiti cye, rero ntabwo twamenya nyirizina ngo agiye gukora iki kuko ni umuntu mukuru”.

Uretse iyegura rya Gitifu Sebagabo Francois, umuyobozi w’akarere ka Kamonyi yatangarije intyoza.com ko hari n’undi munyamabanga nshingwabikorwa w’umusigire ndetse anashinzwe iby’irangamimerere mu murenge wa Musambira nawe wamaze gushyikiriza akarere ibaruwa y’ubwegure bwe kuri iyi mirimo yose yakoraga.

Udahemuka, avuga ko Mwitiyeho Gratien ariwe wari mu mwanya w’umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umusigire anashinzwe irangamimerere mu murenge wa Musambira yatanze ibaruwa yo kwegura mu mirimo ye ku mpamvu ze bwite.

Aimable Udahemuka, yatangarije intyoza.com ko nyuma y’iri yegura ry’abanyamabanga Nshingwabikorwa ngo ntakiri buhungabane mu mirimo bakoraga, ngo ntabwo ihagarara, ubuyobozi bw’akarere ngo burimo gushaka igisubizo cy’abakomeza gukora imirimo aba bakoraga.

Niba ushaka kureba inkuru ya mbere yari yanditswe ubwo havugwaga ukwegura kwa Sebagabo Francois wari Gitifu wa Karama na zimwe mu mpamvu zari zatangajwe kanda hano:http://www.intyoza.com/kamonyi-umunyamabanga-nshingwabikorwa-wumurenge-wa-karama-yaba-yeguye/

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5969 Posts

Politiki

4217 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1053 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga