• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Umugabo afunzwe akurikiranyweho iyicarubozo ry’abana batatu

Umwanditsi
November 8, 2016

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali yafashe umugabo ukurikiranyweho gukorera iyicarubozo abana batatu yakubise yarangiza akanabashimuta.

Umugabo witwa Gashema Emmanuel w’imyaka 39, utuye mu kagari ka Rwampara mu murenge wa Nyarugenge , akarere ka Nyarugenge niwe wafashwe ku italiki ya 6 Ugushyingo 2016 akurikiranyweho kuba yarakoreye iyicarubozo aba bana ashinja kumwiba amafaranga 27,500 n’agakapu ko mu ntoki, yaburiye mu modoka yari yahagaritse mu gace k’iwabo w’aba bana, ubwo yari yatashyeyo ubukwe ku wa gatandatu ushize.

Polisi itangaza ko, aba bana bari mu kigero cy’imyaka 14,10 n’imyaka 9  bakomoka  mu murenge wa Nzige, akarere ka Rwamagana, akaba ari ho yabakuye mu gicuku cyo ku italiki 5 Ugushyingo 2016, nyuma yo kubakubita yarangiza akabatwa  ahagenewe gushyira imitwaro mu modoka akabazana i Kigali.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police(SP) Emmanuel Hitayezu avuga ko nyuma yo kubageza I Kigali, uyu mugabo yabonye bameze nabi kubera inkoni bari bakubiswe, yigira inama yo kubajyana ku kigo nderabuzima cya Rwampara, atinya kubaha abaganga bari baraye izamu, niko kubasigira umuzamu w’ikigo aritahira.

SP Hitayezu agira ati:”Ibi bikimara kuba, twabonye amakuru y’uko hari abana batatu bavanywe mu karere ka Rwamagana bari ku kigo nderabuzima ariko bigaragara ko bakubiswe kandi badafite ubitaho kuko uwabazanye yahise yigendera”.

Yakomeje agira ati:” Iperereza ryahise ritangira muri icyo gicuku maze mu ma saa yine za mugitondo ku italiki 6 Ugushyingo 2016, hafatwa Gashema Emmanuel, ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyarugenge mu gihe abana bahise bajyanwa ku kigo Isange One Stop Center ku Kacyiru ngo harebwe uburemere bw’ibyo baba barakorewe maze bafashwe”.

Kuri iki gikorwa, SP Hitayezu avuga ko, mu buryo ubwo ari bwo bwose, nta muntu ufite uburenganzira bwo kwihanira mu gihe hari inzego zishinzwe kurenganura no guhanisha uwaba yakoze icyinyuranyije n’amategeko cyose

Aha yagize ati:”Uretse ko ari n’abana, n’umuntu mukuru ntakwiye gukubitwa no gutwarwa ahagenewe imitwaro mu modoka tutitaye ku cyo yaba yakoze, inzego zo kwiyambaza zirimo na Polisi zirahari kandi kuri buri rwego”.

Yahamagariye abanyarwanda hirya no hino mu gihugu guhamagara kuri 3512 bagatanga amakuru muri Polisi  agamije kurwanya no gukumira ihohoterwa rikorerwa abana, uyu ukaba ari umurongo wa telefoni utishyuzwa wahamagara igihe cyose.

Ingingo ya 218 ivuga ku byo kubabaza umwana bikabije, kumujujubya cyangwa kumuha ibihano biremereye, ivuga ko umuntu wese ubabaza umwana bikabije, umujujubya cyangwa umuha ibihano biremereye cyangwa se bitesha agaciro, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi ijana (100.000) kugeza ku bihumbi magana atatu (300.000).

Iyo kimwe mu byaha bivugwa mu gika kibanziriza iki kiviriyemo umwana ubumuga, igihano kiba igifungo kirenze imyaka itanu (5) kugeza ku myaka irindwi (7) n’ihazabu y‟amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atanu (500.000) kugeza kuri miliyoni imwe (1.000.000). Iyo icyo cyaha kimuviriyemo urupfu, igihano kiba igifungo cya burundu.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga