• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Itorwa rya Donald Trump rihangayikishije ubumwe bw’uburayi

Umwanditsi
November 12, 2016

Umuryango w’ubumwe w’ibihugu by’uburayi ugaragaza ko gutorwa kwa Donald Trump nka Perezida wa Amerika bishobora kubangamira imibanire ya Amerika n’uyu muryango.

Mu ijambo umuyobozi wa Komisiyo y’uburayi Jean Claude Juncker yavuze ku itorwa rya Donald Trump nk’ugomba kuyobora Leta zunze ubumwe za Amerika, yatangaje ko abona itorwa rya Trump rizabangamira imibanire isanzwe cyane ko ngo abona Trump atazi Isi ndetse bakaba bashobora kugira imyaka ibiri y’impfabusa.

Juncker, kuri uyu wa gatanu taliki ya 11 ugushyingo 2016 ari Luxembourg aganira n’urubyiruko rw’abanyeshuri ku hazaza h’uburayi, bamubajije niba abona itorwa rya Donald Trump nta mbogamizi rizagira ku mibanire ya Amerika n’uburayi. Juncker, yagaragaje ko itorwa rya Trump ari imbogamizi ku banyaburayi, ko ndetse abona ibikorwa byinshi byari bimaze kugerwaho mu mikoranire y’uyu muryango na Amerika bigiye gusubira inyuma.

Uretse ku kuvuga ku bikorwa byari bimaze gukorwa bigiye gusubira inyuma, Juncker yanatangaje ko Donald Trump n’umuryango w’ubumwe bw’uburayi batavuga rumwe kubyerekeranye n’ikibazo cy’abimukira.

Donald Trump, mu gihe cyo kwiyamamaza kwe yatangaje ko naba Perezida wa Amerika azongera gutekereza cyane ku mibanire Leta zunze ubumwe za Amerika ifitanye n’umuryango wa OTAN, yanenze kandi Politiki y’abanyaburayi ku kibazo cyo kwakira abimukira.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga