• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
05/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
05/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo
05/12/25
Ab’Imyumvire iganisha ku kugumura Abaturage bahawe“GASOPO”, babwirwa itegeko n’Ibihano

Leta y’u Burundi yagabye igitero cy’ubushotoranyi mu magambo ku Rwanda

Umwanditsi
November 29, 2016

Nyuma y’uko Willy Nyamitwe umujyanama wa Perezida Nkurunziza w’u Burundi asimbutse urupfu rwari rumuhitanye, Leta y’u Burundi irashinja u Rwanda kuba inyuma y’ubu bugizi bwa nabi bwahitanye urinda Nyamitwe.

Willy Nyamitwe, umujyanama wa Perezida Pierre Nkurunziza akaba anashinzwe itangazamakuru n’itumanaho, nyuma yo kugabwaho igitero akarusimbuka mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere tariki 28 ugushyingo 2016 ariko akahakomerekera maze uwari umurinze umwe akaba igitambo cye undi nawe agakomereka, Leta y’u Burundi yashyize mu majwi Leta y’u Rwanda kuba inyuma y’iki gitero.

U Burundi burashinja u Rwanda kuba inyuma y’iki gitero mu gihe butangaza ko umusirikare umwe w’ipeti rya Koroneli hamwe n’abandi basirikare babiri b’ipeti rya Kapolari batawe muri yombi aho barimo gukorwaho iperereza.

Ngaya amagambo yavuzwe na Pierre Nkurikiye umuvugizi w'Igipolisi mu Burundi.
Ngaya amagambo yavuzwe na Pierre Nkurikiye umuvugizi w’Igipolisi mu Burundi abinyujije kuri Twitter ye.

Pierre Nkurikiye, umuvugizi w’Igipolisi cy’u Burundi, abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter yatangaje ko ababikora ari bamwe, ko ikicaro cyabo kiri Kigali. Uretse ibi kandi uyu muvugizi yatangaje ko amabwiriza yo gushaka guhitana Willy Nyamitwe yaturutse i Kigali.

Nyuma y’ibi byatangajwe n’umuvugizi w’igipolisi cy’u Burundi ashyira mu majwi Leta y’u Rwanda ngo kugira uruhare muri iki gitero cyari kigambiriye guhitana Nyamitwe akarusimbuka, Leta y’u Rwanda ntabwo iragira icyo ibitangazaho. Si ubwa mbere Leta y’u Burundi ishyira mu majwi u Rwanda ko ngo rugira uruhare mu kaduruvayo kabera muri iki gihugu ariko u Rwanda rwakunze kubihakana ndetse rukanatangaza ko ibibazo by’u Burundi ari iby’Abarundi ubwabo.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5928 Posts

Politiki

4177 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1040 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga