• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Umujyanama wa Perezida yarusimbutse rutwara umurinzi we

Umwanditsi
November 29, 2016

Willy Nyamitwe umujyanama wa Perezida Nkurunziza mu by’itumanaho yagabweho igitero cyari kigambiriye kumuhitana ararusimbuka ariko umurinziwe ahasiga ubuzima.

Amakuru yemejwe n’igipolisi cy’uburundi, ahamya ko umujyanama wa Perezida Nkurunziza mu by’itumanaho yarusimbutse ubwo yagabwagaho igitero ariko umurinzi we akaba igitambo cy’urwagombaga kumuhitana.

Aya makuru yemejwe kandi n’umuvandimwe wa Willy Nyamitwe witwa Alain Aimé Nyamitwe uyu akaba ari na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mu Burundi. Aha yagize ati:”Ndaramya Imana ihoraho kuba yarinze umuvandimwe wanjye Willy Nyamitwe, muri iri joro arokotse ikindi gitero cyari kigiye kumuhitana. Imana ihabwe icyubahiro. Iki gitero cy’inshuro zitabarika kuri Willy Nyamitwe, ni ubundi buryo buburijwemo bwo guhungabanya inzego z’ubutegetsi… Intsinzi igihe cyose”.

Amakuru kandi aturuka mu nzego z’umutekano zari aho ibi byabereye, ahamya ko ngo Willy Nyamitwe yakomeretse ku kuboko aho yajyanywe kwa muganga kuvurwa, ubwo umurinzi umwe mubari kumwe nawe yahise apfa hari undi nawe wahakomerekeye  akaba nawe yajyanywe kwa muganga kugira ngo akurikiranwe.

Igitero cyagabwe kuri uyu mutegetsi w’u Burundi Willy Nyamitwe, cyamugabweho ubwo yari ahitwa i Kajaga mu masaha ashyira saa moya z’ijoro. Kugeza ubu ntabwo iby’abagabye igitero kuri  Willy Nyamitwe byari byamenyekana ngo babe batabwa muri yombi cyangwa se ngo bamenyekane.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga