• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Koffi Olomide icyamamare muri Muzika yamaze gusesekara i Kigali

Umwanditsi
December 29, 2016

Koffi Olomide, Umuhanzi akaba umuririmbyi ukomeye ndetse ukunzwe haba iwabo muri Kongo Kinshasa haba no hanze y’Igihugu cye yamaze gusesekara mu murwa mu kuru w’u Rwanda Kigali.

Izina Koffi Olomide, ni izina rivugwa muri aka karere n’ahatari hake ku Isi benshi bagahita bamenya nyiraryo kuko ari umwe mu baririmbyi bamaze igihe, bakanyujijeho ndetse na n’uyu munsi akaba agikunzwe n’abatari bake hamwe n’ibihangano bye. Koffi Olomide yamaze gusesekara mu murwa mukuru w’u Rwanda Kigali kuri uyu mugoroba wa tariki 29 ukuboza 2016.

Koffi Olomide, yageze Kigali benshi mu banyakigali bamaze kumenya amakuru yo kuza kwe cyane ko na Sosiyete ya Rwandair yamuzanye yari yagaragaje amafoto ari mu myiteguro yo kuza ubwo yifotozanyaga na bamwe mu bakozi ba Rwandair ari ku ndege yayo. Icyatangaje abatari bake ni uburyo amasaha ye yo kuhagera yagizwe ibanga ndetse ntanagire umwanya wo kwerekwa itangazamakuru, ikiganiro n’itangazamakuru ngo gishobora kuba kizaba nyuma k’umunsi n’amasaha ataramenyekana.

Ibiciro byo kwinjira muri iki gitaramo si ibyigonderwa na buri wese.

Koffi Olomide, aje gutaramira abanyarwanda aho azagira igitaramo muri Convention Center tariki ya 31 ukuboza 2016. Iki gitaramo kizaba ari ikinjirwamo n’umugabo kigasiba undi dore ko ibiciro n’aho kizabera atari ibya buri wese. Kwinjira muri iki gitaramo byashyizwe ku mafaranga y’u Rwanda ibihumbi 35 k’umuntu umwe ahasanzwe naho imyanya y’icyubahiro, ahazwi nka VIP hashyirwa ku bihumbi 50 k’umuntu umwe. Gusa abazishyira hamwe ari 10 bakishyura ibihumbi 500 bazakorerwa ameza bazasangiriraho.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga