• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Perezida Museveni yarezwe mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa ICC

Umwanditsi
January 5, 2017

Bamwe mu bagize inteko ishinga amategeko mu gihu cya Uganda, bamaze kugeza ikirego mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha ICC barega Perezida Yoweri Kaguta Museveni ibyaha by’ubwicanyi.

Itsinda ry’abadepite bakomoka mu ishyaka ritavuga rumwe na Leta iyobowe na Perezida Museveni – Forum for Democratic Change FDC, ryamaze kugeza ikirego mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha ICC rukorera i La Haye aho barega Perezida Museveni ibyaha bishingiye ku bwicanyi bwakorewe i Kasese ubwo ingabo za Uganda zateraga Ingoro y’Umwami.

Depite Winnie Kiiza, umwe mubagize itsinda ry’abatanze ikirego muri ICC yatangarije itangazamakuru i Kampala ko impamvu yo kurega Perezida Museveni ishingiye ku kuba ariwe Mugaba mukuru  w’Ingabo za Uganda kandi zikaba arizo ngo zakoze ubwo bwicanyi.

Amakuru y’abo ubu bwicanyi bwahitanye ntavugwaho rumwe ndetse n’uko bishwe bivugwa mu buryo butandukanye. Ubutegetsi bwa Uganda buvuga ko abapfuye bagera kuri 64 ndetse ko ingabo za Leta zitabaraga, k’urundi ruhande bo bavuga ko hishwe abantu basaga 100 ndetse ngo bakaba abenshi baragiye bicwa nyuma y’imirwano.

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ICC rwemeje ko rwakiriye iki kirego. Gusa rutangaza ko kuba rwakiriye ikirego bitavuga ko iperereza ritangiye cyangwa se rizakorwa, ngo bigomba kuzasuzumwa. Umushinjacyaha mukuru w’uru rukiko rwa ICC Fatou Bensouda ntacyo aratangaza kubirebana n’ikigiye gukorwa kuri iki kirego.

Amakuru yagiye acicikana hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga mu minsi ishize, yaba ayatangajwe na bimwe mu bitangazamakuru byo muri Uganda ndetse n’imwe mu miryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu, yavugaga ko abantu bishwe bataguye mugitero gusa cyagabwe n’ingabo za Leta ya Uganda, ahubwo ngo barafashwe bamwe barafungwa bagenda bakorerwa iyicarubozo bicwa gahoro gahoro.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga