• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Nta mihango idasanzwe izakorwa mu itabarizwa ry’Umwami Kigeli V Ndahindurwa

Umwanditsi
January 11, 2017

Nkuko byatangajwe na Pasitoro Mpyisi hamwe n’itsinda ayoboye, mu kiganiro bagiranye n’itangazamakuru ngo gutabariza Umwami Kigeli V Ndahindurwa ni tariki ya 15 Mutarama 2017 ariko ngo nta mihango idasanzwe.

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 11 Mutarama 2017 itsinda riyobowe na Pasitoro Mpyisi rizwi nk’iryagize uruhare mu kujya kuzana umugogo w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa muri Amerika, ryagaragarije itangazamakuru ko Gutabariza Umwami Kigeli V Ndahindurwa bizaba kuri iki cyumweru tariki ya 15 Mutarama 2017 ariko ngo nta mihango idasanzwe.

Pasitoro Mpyisi Ezra, avuga kuri gahunda y’itabarizwa ry’Umwami, yagize ati:” Nta mihango y’umuco idanzwe izakorwa mu gutabariza umwami Kigeli, azatabarizwa uko bisanzwe, ni ukumusezera bwa nyuma, amasengesho hanyuma agatabarizwa. Azatabarizwa i Mwima ya Nyanza ku wa 15 Mutarama 2017”.

Muri iki kiganiro, Pasitoro Ezra Mpyisi hamwe n’itsinda ayoboye, bavuze ko abashaka kuza muri gahunda y’itabarizwa ry’Umwami bazaza ndetse yemwe ngo n’abatarifuzaga ko azanwa gutabarizwa mu Rwanda ngo bazaze nta kibazo.

Umugogo w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa, byatangajwe n’iri tsinda ko uzatabarizwa i Mwima ya Nyanza iruhande rw’imva ya mukuru we, Mutara III Rudahigwa.

Pasitoro Ezra Mpyisi, yabwiye abanyamakuru ko Bushayija Emmanuel watowe n’abiru kuba ariwe uzaba Umwami usimbura Kigeli V Ndahindurwa ko ngo uyu adakwiye gufatwa nk’umwami kuko nta mwami wimikwa n’abantu babiri, yatangaje ko amakuru y’iyimikwa rye bayumvise bari mu ndege bazanye umugogo.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga