• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Abayisilamu bakekwaho kuba ikibazo bagiye kwambikwa igikomo

Umwanditsi
January 14, 2017

Abayoboke b’idini ya Islam bakekwaho ibikorwa by’ubutagondwa n’iterabwoba mu gihugu cy’Ubudage, hagiye gufatwa icyemezo cyo kubambika ibikomo( bracelet électronique) bizajya bifasha inzego z’umutekano kumenya ibyerekezo barimo.

Abayoboke b’Idini ya Islam (Abayisilamu) babonwa nk’abashobora guteza ikibazo mu bijyanye n’ubutagondwa n’iterabwoba, gabomba kubaho bagenzurwa aho bari hose mu budage mu rwego rwo kumenya ibikorwa byabo n’aho bari.

Mu gihe cya vuba, aba bayisilamu ngo bagiye kwambikwa igikomo (bracelet électronique) kizajya gifasha inzego z’umutekano(Police) kumenya aho banyuze no kuba zatabara vuba mu kubahagarika igihe bibaye ngombwa.

Intego yo kwambika aba bayisilamu bagaragara nk’abashobora kuba bateza ikibazo cyangwa se bo kwitonderwa, ngo ni ukugira ngo ingamba zo kurinda umutekano zikazwe ndetse hanakumirwe ibitero by’ubutagondwa bikorwa n’abiyitirira idini ya Islam.

Heiko Maas, Minisitiri w’ubutabera mu gihugu cy’Ubudage atangaza ko bagomba gukora ibishoboka byose kugira ngo birinde ko hakongera kuba igitero nk’ibyabaye i Berlin bikozwe na Amri aho byaje kwigambwa n’umutwe w’intagondwa za Islam, uyu akaba yaraje kwicwa arashwe.

HEIKO MAAS, Minisitiri w’ubutabera mu Budage.

Igikomeje kwibazwa kuri iki gikomo n’abatari bake muri iki gihugu cy’ubudage nubwo hari bamwe bacyemera nk’igishobora kugira icyo gifasha inzego z’umutekano mu gukumira ibitero by’abiyahuzi b’intagondwa, baribaza bati iki gikomo hari icyo koko kizahindura?

Bamwe mu badage baganiriye na France TV dukesha iyi nkuru, ntabwo babona kimwe iby’iki gikomo kigomba kwambikwa abayoboke b’idini ya Islam bigaragara ko ari abo kwitonderwa, hari abemerako ari ngombwa ko gikoreshwa abandi nabo bakibaza uburyo umuntu azambikwa igikomo nta rukiko rwamuhamije icyaha mu gihe abandi nabo bavuga ko niba koko bakekwa ngo bafatwa bagashyikirizwa ubutabera.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga