• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu
22/10/25
Ibiceri 200 gusa byamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni na magana atatu muri FORTEBET
22/10/25
Kamonyi-Mugina: Inteko rusange y’abahoze ari Abarobyi bakaza guhinduka abahinzi b’Umuceri yasojwe habura Ingumi
22/10/25
Kamonyi-Rugalika: Gitifu Nkurunziza yagarutse ku gaciro no gukomera k’Umugore, abaha umukoro

Abanyarwanda bafatiwe i Burundi bakatiwe n’urukiko gufungwa

Umwanditsi
January 16, 2017

Abanyarwanda 11 n’undi umwe abategetsi b’u Burundi bavuga ko bafatiwe k’ubutaka bwabo batwaye amabuye y’agaciro bari bibye muri iki gihugu bayajyana mu Rwanda, bakatiwe n’urukiko imyaka hagati y’irindwi na cumi n’itanu y’igifungo.

Urukiko rukuru rwo mu Ntara ya Kayanza, kuri uyu wa gatanu tariki ya 13 Mutarama 2017 rwakatiye abo abategetsi b’u Burundi bavuga ko ari abanyarwanda 11 n’undi umwe igifungo kiri hagati y’imyaka irindwi na cumi n’itanu aho bafashwe bagashyikirizwa uru rukiko baregwa ubujura bw’amabuye y’agaciro (Coltan).

Bose uko bafashwe, imyaka y’igifungo bakatiwe ntabwo ingana, babiri muri aba bakatiwe gufungwa imyaka cumi n’itanu hanyuma abasigaye nabo bahanishwa igifungo cy’imyaka irindwi n’amezi atandatu.

Muri aba bahawe igihano cy’imyaka 15 y’igifungo, amakuru agera ku intyoza.com avuga ko harimo umurundi umwe witwa BAMPANZE Emmanuel hamwe n’uvugwa ko ari umunyarwanda witwa NKUNDIYE François.

Urubanza rw’aba bantu bivugwa ko ari abanyarwanda n’undi umwe, ni urubanza rwihuse cyane kuko bafashwe mu ijoro rya tariki ya 12 Mutarama 2017 bugacya tariki ya 13 bacirwa urubanza.

Pierre Nkurikiye, Umuvugizi w’Igipolisi cy’u Burundi yari yatangaje ku rubuga rwe rwa Twitter ko muri rusanjye bari bakumyabiri na batatu, gusa ngo abatari mubo urukiko rwahaye ibihano byo gufungwa ngo ni abirutse bagasiga abashinzwe umutekano ntibabashe kubafata. Aya mabuye y’agaciro ya Coltan bafatanywe ngo apima ibiro 1077 nkuko umuvugizi w’igipolisi mu Burundi yabitangaje.

Amwe mu makuru agera ku intyoza.com, avuga ko ubushinjacyaha bw’u Burundi ngo bwari bwasabye ko bafungwa imyaka 20 buri umwe n’ihazabu y’ibihumbi 20 by’amarundi hisunzwe ingingo y’158 y’igitabo cy’amategeko agenga iby’ubucukuzi, gusa urukiko mu bubasha bwarwo rwafashe umwanzuro w’ibihano twavuze hejuru.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5895 Posts

Politiki

4146 Posts

Ubuhinzi

149 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

149 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga