• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
27/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
27/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
27/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Ingabo za Leta y’u Burundi zatangiye gutahuka ziva Muri Somaliya

Umwanditsi
January 17, 2017

Ukutumvikana hagati ya Leta y’u Burundi n’Umuryango w’ubumwe bw’iburayi gushingiye ku hagomba kunyuzwa imishahara y’ingabo z’u Burundi ziri muri AMISOM kwateye Leta y’u Burundi kwivumbura bucyura ingabo zabwo.

Amezi amaze kwihirika ari menshi ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya-AMISOM zitabona umushahara wazo, ibi byatumye Leta y’u Burundi yivumbura ifata icyemezo cyo gutahukana ingabo zayo.

Icyemezo cyo gutahukana izi ngabo zikava mu butumwa bwa AMISOM nkuko tubikesha ibiro ntaramakuru by’u Bufaransa AFP ngo kije nyuma y’uko umuryango w’ubumwe bw’uburayi usanzwe wishyura imishahara y’izi ngabo wanze kunyuza amafaranga kuri konte z’uburundi ngo kubera ibibazo bya Politiki byanatumye ubufatira ibihano.

Mu gihe Leta y’u Burundi ishinja umuryango w’ubumwe bw’uburayi kwanga kwishyura imishahara y’izi ngabo zabwo ziri muri AMISOM, Ubumwe bw’uburayi bwo ntabwo bubikozwa kuko buvuga ko budashobora kunyuza aya mafaranga kuri Konti za Leta nkuko byari bisanzwe ahubwo ugashaka kuyanyuza kuri Konti ya buri musirikare ariko Leta y’u Burundi nayo ikabyanga.

Perezida Petero Nkurunziza uyoboye Leta y’u Burundi, yategetse Minisitiri w’ububanyi n’amahanga ndetse na Minisitiri w’Ingabo gutangira gucyura izi ngabo nyuma y’uko kumvikana n’umuryango w’ubumwe bw’uburayi binaniranye.

Ingabo za Leta y’u Burundi ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya-AMISOM ni ibihumbi 5400 bingana na ¼ cy’ingabo zose ziriyo. Gahunda yo gutahukana izi ngabo yatangiye, ije nyuma y’aho Leta y’u Burundi itangarije ko ingabo zabo zidashobora gukomeza gukora zidahembwa kandi no kumvikana bikaba byarananiranye.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga