• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Yatabawe n’imbwa ye Kelsey imukura ahakomeye urupfu rumugera amajanja

Umwanditsi
January 21, 2017

Umugabo w’imyaka 64 y’amavuko yamaze amasaha 24 mu bukonje bukomeye yavunitse ijosi, imbwaye yagize uruhare mu kumutabariza nyuma yo kuza ikamushyushya kugeza ubutabazi buje.

Umugabo wo muri Michigan w’imyaka 64 y’amavuko, ku munsi w’ubunani ubwo yavaga aho aba akajya gushaka inkwi zo gucana bashaka ubushyuhe, yanyereye mu rubura(Neige). Iyo atagira imbwa ye Kelsey yaje ku mushyushya ndetse ikamutabariza byari bimurangiriyeho.

Imbwa mu busanzwe ngo ni imwe mu nyamaswa igira ubucuti bukomeye n’umuntu ndetse ikanamugoboka mu gihe cy’amakuba, ikaba yakiza ubuzima bwe bugeze ahakomeye, ni muri ubwo buryo uyu mugabo w’imyaka 64 nawe yatabawe n’imbwa ye ikamukiza urupfu ubwo yari yaguye mu bukonje (neige) bwari muri -4.

Ubwo iyi mbwa yumvaga gutabaza kwa shebuja aho yari yanyereye mu rubura akavunika ijosi ndetse atabasha kuhikura, yamenye ko ari mu byago iza gutabara, ubukonje bwari bukabije cyane kuko bwari muri -4. Yamuryamyeho iramushyushya ubundi isigara itabaza mu rusaku rwayo imoka imushakira ubutabazi.

Umuturanyi waje kumva urusaku rw’iyi mbwa, niwe wafashije mu butabazi maze uyu musaza ajyanwa kwa muganga, ubutabazi nkubu bwo gukura umuntu ahantu nkaha agasubira mu buzima ni gake bukorwa.

Uyu mugabo w’imyaka 64 y’amavuko, yatangaje ko iyo ataba imbwa ye yamukomeje ikamushyushya ndetse ikamutabariza ngo ntabwo ibyo afata nk’ibitangaza byo kuba yarakuwe mu rubura (neige) ndetse akaza kongera kugaruka mu buzima byari gukunda. Imbwa ye avuga ko yakoze igikorwa cy’ubutwari ndetse ngo azahora iteka ayizirikana, ayishimira kimwe n’uyu muganga.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga