• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/08/26
Kamonyi-Nyamiyaga: RIB yabwiye Abacuruza, Abanywa Inzoga(Ibyuma) n’abazihishe ko bakomanga ku muryango w’Igororero
30/08/26
Amajyepfo: Polisi ivuga ko guca inzoga zitujuje ubuziranenge(Ibyuma), byagabanije ibyaha ku kigero kiri hejuru
30/08/26
Amajyepfo: Polisi yatahuye amayeri akoreshwa n’abahishe inzoga z’ibyuma
30/08/26
Kamonyi: Kumena inzoga (Ibyuma) z’Uruganda Ingufu Gin Ltd bizatwara asaga Miliyoni 30

Umukobwa wa Michaël Jackson yeruriye Isi uburyo yasambanijwe ku ngufu

Umwanditsi
January 25, 2017

Paris Jackson, umukobwa wa Michaël Jackson umuririmbyi wakunzwe n’abatari bake kuri iyi si ndetse akitwa umwami wa Pop yeruye ku mugaragaro ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe ubwo yari afite imyaka 14 y’amavuko.

Paris Jackson, umukobwa wa nyakwigendera Michaël Jackson bwa mbere mu buzima bwe yatangaje igikorwa cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe ubwo yari umwana w’umukobwa w’imyaka 14 y’amavuko, Igikomere agendanye imyaka itari mike.

Mu kiganiro uyu mukobwa wa Michaël Jackson yagiranye n’ikinyamakuru Rolling Stone dukesha iyi nkuru, baganiriye ku bintu byinshi bitandukanye, kimwe mubyo baganiriyeho ni iri fatwa ku ngufu yakorewe(yarasambanijwe) ku myaka 14 y’amavuko aho ngo ryamukomerekeje bikomeye kugera ku kwiyanga ubwe.

Paris Jackson, yatangaje ko igikorwa cyo gufatwa ku ngufu yakorewe cyamukomerekeje bikomeye kugeza n’ubwo yashatse kwiyahura, yarwaye ihahamuka, ni ibintu ngo atari yarigeze avuga mu ruhame yemwe ngo nta nuwo yabibwiye, atangaza kandi ko n’ubu nta byinshi yifuza kuvuga kuri aya mabi yakorewe.

Paris Jackson, Papa we yapfuye afite imyaka 11 y’amavuko.

Paris Jackson, avuga ko kuri we yabonaga nta mpamvu yo kubaho afite, yumvaga nta cyanga cy’ubuzima, abimaranye imyaka itari mike abana nabyo, ati Nariyanze, sinatekerezaga icyiza cyo gukora, nta cyizere nari nkifitiye nta n’inyungu yo gukomeza kubaho nabonaga, rubanda nta kindi gihe bigeze bamenya ibi uretse none.

Paris Jackson, uretse ubu buhamya mu magambo atari menshi yatanze ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe agasambanywa ku ngufu ku myaka 14 y’amavuko gusa, yanatangaje ko papa we Michaël Jackson urupfu rwe rushobora kuba rwarapanzwe, ahamya ko yishwe.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

6023 Posts

Politiki

4269 Posts

Ubuhinzi

155 Posts

Ubukungu

1076 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

162 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga