• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
05/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
05/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
05/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

Kamonyi: Abahinzi b’urumogi bakomeje gutabwa muri yombi ku bufatanye bw’abaturage na Polisi

Umwanditsi
February 24, 2017

Mu gihe kitagera ku byumweru bibiri mu karere ka Kamonyi hangijwe(hatwikiwe) ibiyobyabwenge bitandukanye byari bifite agaciro gasaga Miliyoni 15 z’amanyarwanda nyuma yo kubyangiza hadaciye amasaha 24 hagafatwa umugore uhinga urumogi, na none nyuma ye bitarenze icyumweru kimwe hafashwe umugabo wari ufite umurima w’urumogi iwe.

Muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Gashyantare 2017 mu Murenge wa Rugarika mu kagari ka Masaka umudugudu wa Rwimondo, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kamonyi ku bufatanye n’abaturage bataye muri yombi umugabo witwa Havugimana Joseph wahinganga urumogi inyuma y’inzu atuyemo.

Nsengiyumva Celestin, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugarika ku murongo wa terefone yabwiye intyoza.com ko igikorwa cyo gufata uyu muturage wahingaga urumogi cyakozwe ahanini n’abaturage ndetse ko ibi ari umwe mu musaruro w’inama bagirana zigamije kwicungira umutekano no kwiteza imbere.

Yagize ati:” Asa n’uwafashwe n’abaturage kuko nibo bari bafite amakuru ko afite urwo rumogi, noneho bagiye baramucunga mugitondo bari kumwe na DASSO, bari kumwe n’umukuru w’umudugudu, SEDO w’akagari hamwe n’inkeragutabara, saa kumi n’ebyiri za mugitondo bari bariyo amakuru yose bayafite, baramuhamagara asohotse bahita bamusaba kugumana nabo bahita bahamagara Polisi, yasanze ari kumwe nabo n’abandi baturage noneho bahita babereka rwa rumogi, urumva mu manyakuri abaturage nibo bari bafite ayo makuru.”

Gitifu Nsengiyumva, avuga ko mu murenge ayoboye wa Rugarika bafite umutekano, ko kandi bashyize imbere kuwucunga hagamijwe iterambere ry’umuturage, ko nta mwanya ibiyobyabwenge n’ababikoresha bafite, ari nayo mpamvu ngo babikurikirana ababikoresha mu buryo butandukanye bagafatwa. Ibi kandi ngo babona ari umusaruro mwiza bakesha inama bakorana n’abaturage n’abayobozi ku nzego zose zegereye abaturage.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5904 Posts

Politiki

4155 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1027 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga