• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Umugabo ukekwaho kwica umugore we akoresheje agafuni yatawe muri yombi na Polisi

Umwanditsi
March 5, 2017

Karemera Evaliste w’imyaka 40 y’amavuko akaba acyekwaho kwica umugore we akoresheje agafuni agahita ahungira mu ntara y’uburengerazuba yatawe muri yombi na Polisi.

Evaliste Karemera w’imyaka 40 y’amavuko ukekwaho kwicisha agafuni umugore we witwa Umutesi Thacienne w’imyaka 39 y’amavuko mu murenge wa Kayumbu mu karere ka Kamonyi agahita ahunga, yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Ngororero.

CIP Hakizimana Andree, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’amajyepfo aganira n’intyoza.com ku murongo wa terefone ngendanwa, yatangaje ko uyu mugabo koko yishe umugore we akoresheje agafuni mu ijoro ry’itariki ya mbere Werurwe 2017.

Yagize ati:” uriya mugabo yari asanzwe afitanye amakimbirane n’umugore we, avuga ngo ataha atinze mu ijoro, ndetse yigeze kuvuga ko umugore we atangiye kumwanga akaba ariyo mpamvu ataha atinze, mu ijoro ry’itariki ya mbere y’ukwezi kwa gatatu, ahagana saa saba z’ijoro niho ibintu byamenyekanye y’uko umugore yatashye amaze gutaha baratongana, bamaze gutongana ahita afata agafuni, akamukubita mu mutwe, umugore bahita bamujyana kwa muganga ku kigo nderabuzima ( centre de Sante) cya Rutobwe, ahageze ahita apfa kuko yari yamukomerekeje bidasanzwe.”

CIP Hakizimana, avuga ko uyu mugabo Karemera akimara kubikora ngo yahise acika aragenda, ajya mu karere ka Ngororero aho yafashwe ubu ngubu akaba ngo afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyange aho bategereje kumwohereza ahabereye icyaha mu karere ka Kamonyi kugira ngo akurikiranwe.

CIP Hakizimana, yatangarije kandi intyoza.com ko uyu mugabo wishe umugore we aramutse ahamwe n’icyaha ashobora guhanishwa igifungo gishobora kugera kucya burundu.

CIP Theobald Kanamugire, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’uburengerazuba aho Evaliste Karemera yahungiye, ku murongo wa terefone ngendanwa yahamije amakuru y’uko Karemera Evaliste yatawe muri yombi na Polisi akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyange aho bitegura kumwohereza mu karere ka Kamonyi aho yakoreye icyaha.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga