• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Gufuhira umugore we, bimutaye muburoko binamutangisha akayabo k’amafaranga

Umwanditsi
March 7, 2017

Umugabo wananiwe kurinda ifuha rikabije agirira umugore we kubwo kutamwizera, yatawe muri yombi na Polisi nyuma yo guhuruza abazimya umuriro akeka ko byamufasha kumenya ko umugore we atamuciye inyuma aho gutabarwa birangira ayobowe inzira igana gereza.

Umugabo utuye ahitwa Saint-Dié mu gihugu cy’ubufaransa, yatawe muri yombi na Polisi azira kubeshya abashinzwe kuzimya inkongi z’imiriro bagahurura baziko iwe hahiye kandi ari ikinyoma yahimbye ngo agamije gusuzuma niba umugore we yaba ataryamye mugituza cy’umuturanyi.

Ahagana ku isaha y’isaa kumi n’iminota mirongo itatu z’urukerera, umugabo yakoze kuri terefone y’ubutabazi, ahamagara abashinzwe kuzimya inkongi y’umuriro avuga ko iwe hafashwe n’inkongi ariko ngo ibi byari ikinyoma kigendereye ku kumenya niba umugore we ari murugo, ko yaba atiryamiye mugituza cy’umuturanyi kuko ngo atamushiraga amakenga kubera ifuhe.

Abashinzwe kuzimya umuriro basaga 20 nkuko tubikesha Vosgesmatin.fr, baratabaye n’ibikoresho byabo baziko bagiye kuzimya inkongi y’umuriro umugabo nawe yizeye ko mugutabara bakiza ibintu byo munzu araza kumenya niba umugore we ahari ariko bageze aho babwiwe gutabara babura icyo gukora kuko basanze babeshywe, basubirayo uko baje.

Nyuma yo kubeshya abashinzwe kuzimya inkongi z’imiriro abitewe no gufuhira umugore we, uyu mugabo yatawe muri yombi na Polisi aho igihano cyo gufungwa imyaka ibiri kimutegereje ndetse n’ihazabu y’amayero (Euro) ibihumbi 30 ni ukuvuga hafi Miliyoni 30 uyavunje mu manyarwanda agomba kumusohokamo kandi yakagombye gutunga urugo.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga