• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
05/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
05/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
05/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

Kirehe: Inka enye zakubiswe n’inkuba eshatu zirapfa indi igwa igihumura

Umwanditsi
March 9, 2017

Inkuba yakoze hasi mu mvura yaguye mu karere ka Kirehe, inka enye z’umuturage zahise zipfa mu gihe indi imwe yaguye igihumura.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki ya 9 Werurwe 2017 ahagana saa munani n’igice mu murenge wa Gatore ho mu kagari ka Rwantonde umudugudu wa Karembo, ubwo hagwaga imvura, inkuba yakubise inka enye z’umuturage eshatu zihita zipfa.

Inka zose uko ari enye ni iz’umuturage witwa Ngendahimana Damien w’imyaka 40 y’amavuko, izi nka yari yazijyanye kuziragira ku isambu ye. Iyi mvura ntabwo yaguye gusa muri uyu murenge wa Gatore kuko yanaguye mu murenge wa Gahara ariko ho ikaba nta bintu yangije.

Muzungu Gerald, umuyobozi w’akarere ka Kirehe yemeje ko aya makuru y’aya mahano yatewe n’inkuba ari impamo. Aganira n’intyoza.com yagize ati:” amakuru ni ukuri, inka zakubiswe n’inkuba, eshatu nizo zapfuye gusa indi yahungabanye.”

Meya Muzungu, akomeza avuga ko ibyangijwe n’inkuba ari izi Nka z’umuturage inkuba yakubise zigapfa n’imwe yahungabanye. Avuga ko mu busanzwe batajyaga bagira ibibazo by’inkuba, gusa ngo mu rwego rwo kuzirinda kubera bazi ko zibaho kandi zikangiza ngo bagiye bashyira imirinda nkuba hamwe mu hantu hashobora guhurira abantu benshi nko ku mashuri ariko kandi ngo banigisha abaturage uburyo butandukanye bwo kuba bakwirinda.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5904 Posts

Politiki

4155 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1027 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga