• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Minisitiri Busingye na mugenzi we wa Mali basuye ishuri ryigisha imyuga n’ubumenyi ngiro rya Gishari

Umwanditsi
March 11, 2017

Ishuri ryigisha imyuga n’ubumenyi ngiro rya Gishari, ryashimiwe na Minisitiri Busingye na mugenzi we wa Mali ku bikorwa by’indashyikirwa rimaze kugeraho mu gutanga ubumenyi, gufasha abarituriye n’abanyarwanda muri rusanjye. Minisitiri wa Mali avuga ko bagiye kwigira kubyo yabonye i Rwanda.

Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda Johnston Busingye ari kumwe na mugenzi we wa Mali, kuwa kane tariki ya 9 Werurwe 2017, basuye ishuri ryigisha imyuga n’ubumenyingiro rya Gishari (Gishari Integrated Polytechnic -GIP) riri mu karere ka Rwamagana.

Bageze muri iri shuri, bakiriwe n’umuyobozi w’agateganyo waryo, Assistant Commissioner of Police (ACP) Damas Gatare, abereka bimwe mu bikorwa bikorerwa muri iri shuri, anabasobanurira amasomo atangirwamo.

Iri shuri ryubatswe ku masezerano y’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyingiro (WDA) mu mwaka wa 2011, ritangira kwigwamo muri Werurwe 2013, ritahwa ku mugaragaro ku wa 28 Ugushyingo muri uwo mwaka.

Ubu rifite abanyeshuri 753 barimo abapolisi n’abasivili, rikaba rifite amashami atandukanye, harimo Ubwubatsi, gukora no gushyira amashanyarazi mu nyubako, gushyira amazi mu mazu.

Muri iri shuri hanatangirwamo amasomo y’igihe gito ajyanye no kuhira imyaka, kuyobora amazi mu mirima, kuzimya inkongi z’imiriro no gutabara abari mu kaga, gutwara imodoka nini, gukora imodoka no kuzisana, n’andi masomo.

Ku itariki 21 Gashyantare 2017, iri shuri ryahaye Impamyabumenyi imfura zaryo 161 zaharangije.

Mu ijambo rye, Minisitiri Busingye yashimye ibikorwa by’iri shuri aho yavuze ati:”Buri gihe uko nsuye ibikorwa bya Polisi nsanga bishimishije kandi hari icyo byigisha, ibikorerwa muri iri shuri ryigisha imyuga n’ubumenyingiro rya Gishari ubwabyo birivugira. Mukomereze aho kandi mukomeze guhesha ishema igihugu cyacu.”

Minisitiri w’ubutabera n’uburenganzira bwa muntu muri Mali Mamadou Ismaila Konate, wari kumwe na Minisitiri Busingye nawe yishimiye ibikorerwa muri iri shuri, avuga ko ibikorwa n’iri shuri ari indashyikirwa kandi igihugu cye nacyo kigiye kwigira kubyo yabonye mu Rwanda.

Mu byo iri shuri rifasha abaturage barituriye harimo guha abatishoboye ubwishingizi mu kwivuza (Mituelle de Sante), kububakira n’ibindi. Rifasha kandi muri gahunda ya Leta yo guha buri muturage ubushobozi bwo kwibeshaho neza no gutera imbere.

Mu bandi bari kumwe na Minisitiri Busingye, harimo Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana n’abandi bayobozi muri Polisi y’u Rwanda.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga