• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Inyubako y’akataraboneka izaba ari iyambere mu burebure ku Isi iravugisha benshi

Umwanditsi
March 27, 2017

Umuhanga w’umugereki mu guhanga inyubako, yashyize ahagaragara inyubako yatekereje izaba ari iy’akataraboneka ndetse isumba izindi zose ku isi mu burebure butari ubujyejuru, ikomeje gutangaza abatari bacye.

Umugereki w’umuhanga mu guhanga inyubako, Ioannis Oikonomou yashyize ahagaragara umushinga we w’inzu izaba ifite uburebure busumba ubw’izindi nzu zose zabayeho ku isi, iyi nzu nubwo ikiri umushinga izaba ifite uburebure bwa metero 1219 nta yindi izaba iyihiga.

Ngiyi Inyubako itekerezwa kubakwa, izaba irusha izindi uburebure. metero 1219.

Iyi nzu izubakwa New York izaba imeze nk’inyuguti ya “U” uyihagaritse, ikomeje kuvugisha abatari bacye amagambo menshi bitewe n’imiterere yayo no kuba kandi ariyo nzu izaba iciye agahigo k’inzu ifite uburebure kurusha izindi ku isi.

Iyi nzu, nkuko tubikesha fr.finance.yahoo.com ngo ubwo izaba yuzuye izabasha gucumbikira abantu batari bacye ndetse n’ibiciro ngo bizaba bidakanganye, ubwo izaba yuzuye kandi, izahita yandikwa mu gitabo cy’uduhigo ku isi (Guinness Book of World record) kuko inzu yari isanzwe ifite agahigo ko kuba ifite uburebure kurusha izindi ku isi yari iyitwa Burj Khalifa y’ i Dubai aho ifite uburebure bwa Metero 828.

Inzu ya Burj Khalifa i Dubai ari nayo yari isanganywe agahigo ko kuba ariyo ndende kurusha izindi ku isi na metero 828.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga