• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Ikigo cy’Igihugu cy’imisoro n’amahoro RRA cyahesheje agaciro iteka rya perezida rishyiraho amahoro yo mu isoko

Umwanditsi
March 29, 2017

Iteka rya Perezida nomero 25/01 ryo kuwa 09/07/2012 nyuma y’imyaka isaga ine ryirengagizwa hirya no hino mu turere cyane cyane ahasaba ko abaturage batasoreshwa amatungo n’imyaka yabo bejeje mu gihe bagiye ku isoko, ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro RRA cyanditse gisaba iyubahirizwa ryaryo.

Mu myaka isaga ine ishize, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yasinye iteka nomero 25/01 ryo kuwa 09/07/2012 aho iri teka ririmo ingingo ivuga ku mahoro yo mu isoko. Ingingo yakunze kuvugwaho na benshi ikaba ari ibuza iyakwa ry’imisoro umuturage ujyane itungo rye n’imyaka yejeje ku isoko. Iri teka kuva ryasinywa ntabwo ahenshi ryubahirijwe kuko henshi abaturage bagiye bakomeza gutaka ko bagirirwa akarengane bagasoreshwa amatungo n’imyaka bejeje mu gihe babijyanye ku isoko.

Nyuma y’igihe kitari gito iki kibazo gisakuzwa hirya no hino mu turere tw’igihugu ndetse abaturage muri rusange bagakoresha uburyo butandukanye basaba kurenganurwa byaba kubaza abayobozi batandukanye, byaba ndetse no kubinyuza mu bitangazamakuru bitandukanye, ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro RRA cyasohoye itangazo risaba iyubahirizwa ry’iteka rya Perezida rishyiraho amahoro yo mu isoko.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ikigo cy’igihugu n’amahoro RRA kuri uyu wa 28 Werurwe 2017 riragira riti:

 

Itangazo ry’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro rije gujuraho urujijo n’akarengane abaturage bari bamaze igihe kitari gito bataka ndetse basaba ko barenganurwa bakareka gusoreshwa amatungo n’imyaka yabo bejeje mu gihe bagiye mu isoko.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga