• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Utazi icyo ushaka ntabwo uzigera ubona amafaranga mu itangazamakuru- Dr Kayumba

Umwanditsi
April 6, 2017

Ushaka arashobora, kumenya icyo ushaka n’abo ushaka biguha kugera ku ntego yaho ugambiriye kugera. Nta gikorwa kitagira impamvu, nta kitagora, nta kitaruhije mu gihe ushaka kugira icyo ugikuramo, itangazamakuru nawo ni umwuga utoroheje, ukorwa kandi ugatunga uwukora ariko bisaba kumenya icyo ushaka no kugera ku ntego nyakuri.

Dr Christopher Kayumba, umwarimu muri kaminuza akaba umwe mu barimo guha amasomo abahagarariye itangazamakuru, kuri uyu wa kane tariki ya 6 Mata 2017 mu mahugurwa y’iminsi ine yateguwe n’Inama nkuru y’itangazamakuru, yeruriye abatari bacye ko utabasha kugira ifaranga winjiza mu gitangazamakuru cyawe mu gihe utazi icyo ukurikiye, uwo uriwe, uwo ushaka n’intego y’icyo ugamije.

Dr Kayumba yigisha abayobozi b’ibitangazamakuru batandukanye uko bakora bunguka.

Ibyandikwa n’ibitangazamakuru, uko ababikora bagaragara mubyo bandika, Dr kayumba avuga ko ari bimwe mu bituma abasomyi n’ababakurikira bagira icyo babigiraho, babamenyeraho ndetse bigatuma babaha agaciro cyangwa se bakakabatesha. Aha ngo ni naho ushaka gutanga amafaranga ye mu itangazamakuru ahera kuko hari icyamukuruye. Yibukije ko nta munyamakuru wiyandikira inkuru, ko inkuru ari iy’abayandikirwa, abasomyi.

Dr Kayumba, avuga kandi ko nta kintu na kimwe kitagoye, ko gukora kose ushaka gutera imbere biharanirwa, ko ubanza wowe ubwawe kwihesha agaciro, ukigurisha ku buryo ukubona, ugusoma aryoherwa no kumva ashaka kugumana nawe, agaciro no kugurisha ibyo ushaka gutanga biva mu bitekerezo byiza no kumenya icyo ukeneye.

Bamwe mu banyamakuru bakurikiranye amasomo.

Dr Kayumba, avuga ko abakurikirana ibitangazamakuru bafite byinshi bareba bityo bigatuma bakunda ibirimo ndetse bakaba banashobora kwemera kubitangamo amafaranga, kwandika kwiza ni ukumenya ko wowe ubwawe utiyandikira, kumenya abakureba cyangwa abagukurikiye ibyo bashaka, kumemenya ngo bakubonamo iki mubyo ubaha.

Abantu bazakugirira akamaro, abazatuma utera imbere bazaboneka bitewe nawe ubwawe, ati:” Abantu bazakumenyera ku mbuto wera.” Yisunze iri jambo ryo muri Bibiliya, yibukije abahagarariye ibitangazamakuru bitandukanye ko ibyo bandika, ibyo bavuga nibyo bagaragaza aribyo abantu babakurikira bazabamenyeraho abo baribo.

Kumenya imyitwarire, mu mvugo, mu myambarire no mubyo utanga mu gihe ukora itangazamakuru rishaka kunguka (rishaka amafaranga) rigamije gutera imbere, birakenewe mu mwuga w’itangazamakuru. Umuntu ugomba kuguha amafaranga akunyuzamo ijisho akabanza kureba koko niba uri uwo akwiye kuba aha amafaranga ye, ati banza utume abantu bagira impamvu yo ku guha amafaranga yabo kuko babona koko uyakwiye bitewe nibyo ubaha n’uburyo bakubona.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga