• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Abakozi ba Leta aho bari hose babujijwe kongera gusengera mu nyubako za Leta

Umwanditsi
April 12, 2017

Leta y’u Rwanda mu buryo butanyuze kuruhande yandikiye ibaruwa ireba buri mukozi wayo wese aho aherereye isaba ko amasengesho yakorerwaga mu nyubako zayo mu gihe cy’amasaha y’akazi bayibagirwa.

Mu itangazo rya Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 mata 2017 yashyize ahagaragara yandikiye abakozi bose ba Leta ndetse n’abakoresha babo mu nzego zitandukanye, yasabye ko amasengesho yakorerwaga mu nyubako za Leta aho ziri hose ahagarikwa, abasengaga basabwe kutongera kubikorera muri izi nyubako ahubwo bakubahiriza amasaha y’akazi nkuko itegeko rigena amasaha y’akazi mu Rwanda ribiteganya.

Muri iyi baruwa, Minisitiri w’intebe yamenyesheje iby’iki cyemezo inzego zitandukanye ariko kandi anamenyesha Perezida wa Repubulika, Perezida wa Sena, Perezida w’umutwe w’abadepite, Perezida w’urukiko rw’ikirenga/ Perezida w’inama nkuru y’ubucamanza.

Ngiyi ibaruwa Minisitiri w’intebe yanditse asaba ihagarikwa ry’amasengesho mu nyubako za Leta aho ziri hose:

Nyuma y’iyi baruwa isaba abakozi bose guhagarika amasengesho mu nyubako za Leta, bamwe mu bakozi baganiriye n’intyoza.com ariko batemeye ko amazina yabo atangazwa, ntabwo babibona kimwe, bamwe bati bibangamiye abasengaga kuko isaha yabo yo kuruhuka bahitagamo kwiyegereza Imana batavuye aho bari, abandi nabo bakagaragaza ko ntacyo bibabwiye.

Umwe muri aba yagize ati:” none se ko babujije abakozi ba Leta gusengera mu nyubako za Leta, uzaba ashaka gukoresha isaha yahawe yo kuruhuka asenga atavuye mu kazi ntaraba abangamiwe, ko buri wese iriya saha ayikoramo icyo ashaka, hari abahitamo kuguma mu kazi kuko nta gahunda yindi bafite uretse gusenga, hari abajya murugo, hari abajya mu bindi bitewe n’impamvu za buri umwe, none ubwo ushaka kwisengera Imana ye ntabangamiwe.?

Undi mu baganiriye n’intyoza.com we avuga ko kuvanaho amasengesho no kuyagumishaho ntacyo bimubwiye, ko byose biri mu bushake bw’uwaguhaye akazi akanahitamo ibikorerwa mu kazi ke, ati:” ubwo nyine uzumva abangamiwe azahitamo ku kareka ajye gushaka aho bamwemerera ibyo ashaka cyangwa se akagumemo.”

Iki cyemezo cyo guhagarika abanyamasengesho mu nyubako za leta ntabwo kireba gusa abakirisitu nka bamwe bazwiho gukunda kugira amatsinda mato yo gusenga mu gihe cy’isaha bagenewe y’ikiruhuko, kireba kitarobanuye buri wese ukora ikitwa isengesho mu nyubako ya Leta yaba umukirisitu, umwisilamu n’abandi. Gusa nta bihano bigaragara muri iyi baruwa by’uzaba atubahirije ibyasabwe cyane ko abenshi babikoraga mu isaha bemerewe yo kuruhukamo.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga