• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/04/26
Kamonyi-ESB: N’Utsindwa yatsinda-Padiri Majyambere Jean d’Amour
05/04/26
Kamonyi: Kwegera Umworozi ntibikwiye kuba gusa igihe itungo rye ryagize ikibazo-Visi Meya Uzziel
05/04/26
Kamonyi-Karama/Umuganda: Abaturage basabwe kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside n’Imvugo z’urwango
05/04/26
Amajyepfo: Polisi yafashe Litiro zisaga ibihumbi 157 zirimo n’iza Kanyanga, ifata Urumugi n’ababibarizwamo

Kicukiro: Uwacitse ku icumu rya Jenoside yishwe n’abantu bataramenyekana bamuteraguye ibyuma

Umwanditsi
April 13, 2017

Iribagiza Christine w’imyaka 58 y’amavuko yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yishwe n’abantu bataramenyekana bamusanze iwe aho bamwicishije ibyuma.

Amakuru agera ku intyoza.com akanemezwa n’inzego zishinzwe umutekano, ahamya ko Iribagiza Christine umubyeyi w’imyaka 58 y’amavuko warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yishwe n’abantu bataramenyekana bamusanze iwe aho bamwicishije ibyuma.

ACP Theos Badege, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yemereye intyoza.com ko aya makuru y’iyicwa ry’uyu mubyeyi ari impamo, yagize ati:” Hashize umwanya tubimenye, twatangiye iperereza, icyo dutangaza nka Polisi y’u Rwanda “nibyo “koko uwo mugore w’imyaka 58 yishwe, yasanzwe iwe munzu, murugo muri Kicukiro Niboyi, ariko ntabwo turamenya ababikoze cyangwa se ngo tumenye n’impamvu babikoze, ni tubimenya nibwo tuzagira icyo tubabwira uko iperereza rigenda ritanga amakuru.”

ACP Theos Badege, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yatangarije kandi intyoza.com ko muri rusanjye umutekano muri iki gihe cyo kwibuka ku Nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi wagenze neza mu gihugu cyose ngo nubwo hatabuze ingero nkeya zagaragaye kubagifite ingengabitekerezo ya Jenoside, avuga ko bagikusanya amakuru mu gihe cya vuba bakazayadutangariza uko byagenze mu gihugu hose.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5945 Posts

Politiki

4194 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga