• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Muhanga: Umugabo yatemye mugenzi we n’umupanga aramwica

Umwanditsi
April 17, 2017

Pascal Ntezimana umuturage utuye mu murenge wa Rugendabari, mu kagari ka Gasave yishe umugabo mugenzi we witwa Patrick Ndikumwenayo amutemye n’umupanga. Uko ari babiri bari basangiye inzoga, nyuma yo gukora amahano yatorotse ariko aza gutabwa muri yombi.

CIP Andre Hakizimana, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’amajyepfo yahamirije intyoza.com amakuru y’urupfu rwa Patrick Ndikumwenayo ndetse ko yishwe atemwe na mugenzi we witwa Pascal Ntezimana bari basangiye.

CIP Hakizimana yagize ati:” Byabaye kuri iki cyumweru tariki ya 16 Mata 2017 ahagana saa tatu z’ijoro, bose bari basangiye inzoga banyoye, baza gutongana bageze munzira bararwana hanyuma uyu Ntezimana Pascal akubita umupanga Patrick Ndikumwenayo ahita amwica.”

Amakuru agera ku intyoza.com ndetse akaba yahamijwe na CIP Andre Hakizimana, umuvugizi wa polisi y’u Rwanda mu ntara y’amajyepfo, ahamya ko nyakwigendera yaba yarigeze gukubitira uyu Ntezimana mu kirombe cy’amabuye mu bihe byashize.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CIP Hakizimana, akomeza avuga ko nyuma y’uko Ntezimana abonye amaze gutema Ndikumwenayo akamwica ngo yahise ahunga ariko nyuma baramushakisha kugera bamutaye muri yombi, ubu ari mu maboko ya Polisi.

CIP Andre Hakizimana, yatangarije intyoza.com ko ubu bwicanyi bwabereye mu murenge wa Rugendabari akagari ka Gasave mu mudugudu wa Gasharu, avuga kandi ko mu gihe Pascal Ntezimana yahamwa n’icyaha cyo kwica yahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu nkuko biteganywa n’ingingo ya 140 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

CIP Andre Hakizimana, avuga ko Polisi y’u Rwanda ikangurira abaturage bose kubana mu mahoro, gutanga amakuru, kwifashisha inshuti n’umuryango mu gihe ubwabo byabananiye, kwegera se ubuyobozi mu gihe babona ko izindi nzira zananiranye. Avuga ko nta mpamvu nimwe yatuma umuntu ahohotera mugenzi we mu buryo ubwo aribwo bwose, ko abantu bakwiye guharanira ibibateza imbere n’ibiteza imbere igihugu, bashyira imbaraga zabo mu bifite umumaro.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga