• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Abapolisi b’u Rwanda bari muri Haiti bambitswe imidari y’ishimwe

Umwanditsi
April 24, 2017

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye mu gihugu cya Haiti (MINUSTAH) bazwi nka Individual Police Officers (IPOs), ku itariki 21 Mata 2017 bambitswe imidari yo kubashimira gukora neza.

Abambitswe imidari, bayambitswe n’Uwungirije Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, El Moustafa Banlamlin.

Umuhango wo kwambikwa imidari wabereye mu Mujyi Mukuru w’iki gihugu ari wo: Port Au Prince. Mu bawitabiriye harimo Umuyobozi wa MINUSTAH, Brig. Gen. Georges Pierre Monchette n’Umuyobozi w’Itsinda ry’Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu, Superintendent of Police (SP) Eric Murenzi.

Mu ijambo rye, Banlamlin yagize ati:”Murangwa n’umuhate n’imyitwarire myiza mu mirimo yanyu ya buri munsi. Ibyo bibahesha ishema ubwanyu; kandi bihesha ishema Umuryango w’Abibumbye. Ndabashimira kandi gukorana neza na bagenzi banyu bakomoka mu bindi bihugu.”

Yongeyeho ati:”Imidari mwambitswe  ni ikimenyetso ko musohoza inshingano zanyu neza. Mukomeze iyo mikorere izira amakemwa.”

Iki gihugu cyahuye n’ibibazo birimo imyuzure n’imiyaga mu myaka ishize. Abapolisi b’u Rwanda bagize uruhare mu gutabara abari mu kaga. Uko kwitanga kwashimwe n’Ubuyobizi bwacyo n’abagituye.

SP Murenzi yagize ati:”Kwambikwa imidari si ishema kuri mwe gusa; ahubwo ni n’ishema ku gihugu cyacu duhagarariye. Mukomeze kurangwa n’imyitwarire myiza no gukorana neza n’abandi bapolisi bakomoka mu bindi bihugu.”

Yashimye Umuryango w’Abibumbye ku bw’iyo midari y’ishimwe. Polisi y’u Rwanda yatangiye kohereza abapolisi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti kuva mu 2010.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga