• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
14/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
14/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
14/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Gatsibo: Ku bufatanye n’abaturage, Polisi ifunze umujura n’umucuruzi w’ibiyobyabwenge

Umwanditsi
May 1, 2017

Polisi ikorera mu karere ka Gatsibo ifunze abagabo babiri bafashwe ku italiki ya 30 Mata 2017 bakaba bakurikiranyweho ubujura ndetse n’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, bombi bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kiramuruzi.

Nk’uko umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi abitangaza, abafashwe ni Niyonsenga Samuel w’imyaka 21 y’amavuko, ukurikiranyweho ubujura bw’igare na telefoni ngendanwa, wabifatanywe mu ma saa sita y’ijoro ubwo yahuraga n’irondo ry’abaturage mu kagari k’Agakomeye, umurenge wa Kiziguro muri Gatsibo.

IP Kayigi agira ati:” Uyu mugabo yahagaritswe n’irondo mu gicuku, bamubajije aho yakuye ibyo afite kuko babonaga batamuzi muri ako gace, abemerera ko abyibye muri Nyagatare, mu murenge wa Rwimiyaga, mu kagari ka Kirebe, ndetse avuga n’uwo yabyibye, bahita bamushyikiriza Polisi.”

Undi ufunze ni Murwanantambara Francois w’imyaka 25 y’amavuko, wafashwe n’abamotari afite ikarito y’inzoga zitemewe mu Rwanda zitwa Zebra Waragi. Aho IP Kayigi agira ati:” Uyu mugabo yateze moto ariko umumotari ateze akemanga ibyo yari afite, yiyambaza bagenzi be kugirango basake ibiri muri iyo karito, basanze ari ziriya nzoga ahita ashyikirizwa Polisi.”

Kuri ibi bikorwa byombi, IP Kayigi akaba ashima aba baturage bagize aruhare mu ifatwa ry’aba bagabo aho agira ati:” Iyi niyo myumvire ikwiye buri munyarwanda wese; ndakangurira n’abandi baturage cyangwa abakora imirimo inyuranye nk’abamotari, ifite aho ihurira n’abanyabyaha banyuranye, gukomeza kuba maso kandi bagakomeza ubufatanye na Polisi ibegereye.”

Yakomeje agira ati:” Ni ngombwa ko buri wese   yumva ko umutekano ariwe wa mbere ureba kandi akagira uruhare mu ikumira n’irwanywa ry’ibyaha aho kubiharira Polisi n’izindi nzego zishinzwe umutekano; ahubwo bakajya baziyambaza igihe hari ibyo bananiwe.”

IP Kayigi kandi yashoje asaba abaturage muri rusange gukomeza kuba maso, kuzirikana inshingano z’ijisho ry’umuturanyi kandi Polisi y’u Rwanda, biciye mu bukangurambaga igenera abaturage by’umwihariko abagize za komite zo kwicungira umutekano(CPCs), itazahwema kubegera no kubasangiza ubumenyi ngo intego y’o kugira igihugu gitekanye ndetse n’iterambere bigerweho.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga