• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/04/26
Karama-Kwibuka32: Kuba muriho uyu munsi ni igihamya cy’uko umwijima utigeze uzimya Urumuri rwanyu-Zacharie/Ibuka
23/04/26
Karama-Kwibuka32: Iyo twaje Kwibuka tuba twaje guhamya amateka yacu nk’Abanyarwanda-Alice Kayitesi
23/04/26
Abapadiri ba Diyoseze Kabgayi begukanye ibikombe 2 muri 3 bahataniraga n’aba Diyoseze ya Ruhengeri
23/04/26
Rukoma-Kwibuka32: Kwibuka ni umwanya ukomeye wo kwigira ku mateka kugira ngo turinde ejo hazaza h’Igihugu cyacu-Depite Prisca Uwamahoro

Kamonyi: Yiyumva nk’umukozi wo hasi ariko yatwaye ikamba ry’uhiga abandi bose

Umwanditsi
May 1, 2017

Mukwiye Narcisse umushoferi w’akarere ka kamonyi, yatowe nk’umukozi w’indashyikirwa, umwaka wose arawumara yambaye ikamba ry’uwahize abandi, avuga ko ari umukozi wo ku rwego rwo hasi, nyamara agaragaza ko hari impamvu zifasha umuntu kugera kuri uru rwego benshi baba bifuza.

Mukwiye Narcisse, amaze imyaka igera kuri 12 ari umushoferi w’akarere ka kamonyi, ubwo kuri uyu wa mbere tariki ya 1 Gicurasi 2017 hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umurimo ku rwego rw’akarere, yatowe nk’umukozi w’akarere wahize abandi, azamara kuri uyu mwanya igihe cy’umwaka.

Mukwiye yabwiye intyoza.com ati:” Wenda kubera ndi umukozi muto mu bakozi b’akarere, umuntu ashobora kwigaya ariko uyu munsi nibwo nabonye ko harimo iringaniza mubakozi bituma nshobora kuba uwambere, binyongereye icyizere cyo kuba umukozi mwiza, ngomba gukomeza kubiharanira.”

Ku bijyanye n’ibanga Mukwiye yakoresheje, yagize ati:” Ndi umukozi utiganda nubwo ndi umukozi muto, Ndi umukozi ushima akazi mpawe nubwo kaba kenshi kuko njyewe abandi bakozi bavuga ko bakora amasaha 45 mu cyumweru ariko njyewe nshobora no gukora amasaha 60 kandi nkabyakira. Nemera akazi nkora ntakurikije umushahara.”

Mukwiye Narcisse, yabwiye kandi intyoza.com ko icyo yashimye bwa mbere ari ugushimirwa ibyo yakoze agahabwa icyemezo cy’ishimwe, ku cyemezo cy’ishimwe yahawe kigeretseho amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100 ariko ngo kubera havaho imisoro azamugeraho ni ibihumbi 70 by’amanyarwanda.

Impamvu yo gushima icyemezo cy’ishimwe kurusha amafaranga, Mukwiye yagize ati:” nzajya nyiha abana banjye mbabwire nti iki cyemezo mujye mureba ko umubyeyi wanyu yakoreye ubudashyikirwa adakurikije ikiguzi.” Agira abandi bakozi inama yo gukora bakorera abanyarwanda bose, gukora bitanga, baharanira guteza akazi bakora imbere.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5954 Posts

Politiki

4202 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga