• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Boko Haram yarekuye abakobwa 82 mubo yari yarashimuse

Umwanditsi
May 7, 2017

Ubutegetsi bwa Nijeriya bwatangaje ko abakobwa 82 muri 276 umutwe w’abarwanyi wa Boko Haram wari warashimuse barekure, byitezwe kandi ko kuri iki cyumweru bahura na perezida w’iki gihugu.

Aba bakobwa barekuwe kuri uyu wa gatandatu tariki ya 6 Gicurasi 2017 bari barafashwe bugwate n’umutwe w’abarwanyi ba Boko Haram babakuye ku kigo cy’ishuri cya Chibok aho bigaga mu mwaka wa 2014 mu kwezi kwa kane, batwawe ari 276 bose hamwe.

Ubuyobozi bw’ibiro bya Perezida wa Nijeriya bwasohoye itangazo rivuga ko aba bakobwa kuri iki cyumweru tariki ya 7 Gicurasi 2017 bagomba kwakirwa na perezida Muhammadu Buhari i Abuja.

Nyuma y’uko aba bakobwa barekuwe na Boko Haram, nkuko tubikesha BBC ngo bahise bakirwa n’igisirikare cya Nijeriya, kurekurwa kwabo ntabwo kwapfuye kuba nta mpamvu kuko ngo na Nijeriya bivugwa ko hari abarwanyi b’uyu mutwe yarekuye nubwo hatatangajwe umubare wabo.

Ubwo aba bana b’abakobwa bashimutwaga n’uyu mutwe wa Boko Haram, byateye ibibazo abatari bacye ku isi, imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu, ibihugu n’abantu ku giti cyabo barahagurutse basaba irekurwa ryabo, mu kwezi kwa cumi k’umwaka wa 2016 uyu mutwe wari warekuye abakobwa 21 mubo wari washimuse.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga