• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
08/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
08/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo
08/12/25
Ab’Imyumvire iganisha ku kugumura Abaturage bahawe“GASOPO”, babwirwa itegeko n’Ibihano

Perezida Robert Mugabe, abamubeshyera gusinzirira mu nama bafite ibibazo

Umwanditsi
May 12, 2017

Umukambwe Robert Mugabe uyobora Zimbabwe ngo burya bamubeshyera gusinzirira mu nama, mu birori kandi ngo aba ahisha amasoye urumuri, aba ayaruhura. Umuntu wese umusebya agakwirakwiza amakuru y’uko aba asinziriye ngo agiye kujya akurikiranwa abihanirwe n’amategeko.

George Charamba, umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ifite itangazamakuru mu nshingano zayo akanaba umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cya Zimbabwe Robert Mugabe, yatangaje ko uyu mukambwe uyoboye igihugu igihe kitari gito ndetse akaba ageze mu myaka 93 y’amavuko abeshyerwa ko akunze gusinzirira mu nama cyangwa ibirori aba arimo hirya no hino.

Charamba, yatangaje ko Perezida Robert Mugabe burya agaragara nk’usinziriye ngo sibyo, ahubwo ngo aba ahungisha amaso ye urumuri rwinsi kuko atabasha kurwihanganira, mu gihe abatari bacye bakunze kunenga uyu mukambwe uyoboye Zimbabwe gusinzirira mu ntebe iyo ari mu nama cyangwa ibirori, gusa abenshi bavuga ko byaba biterwa n’izabukuru.

George Charamba yagize ati ” Perezida ntabwo ashobora kwihanganira urumuri rwinshi, Ibi rero aba akora si ugusinzira ahubwo aba yubika amaso kugira ngo ayaruhure kubera kunanizwa n’urumuri rwinshi.”

Uyu muyobozi ushinzwe itangazamakuru mu biro bya Perezida Robert Mugabe akaba n’umuvugizi w’ibire bya Perezida, yatangarije ikinyamakuru cya Leta ya Zimbabwe ko biyamye uwo ariwe wese ukwirakwiza amagambo asebya umukuru w’Igihugu avuga ko akunda gusinzira, yanavuze kandi ko uzabifatirwamo wese azakurikiranwa.

Perezida Robert Mugabe, ku myaka 93 y’amavuko arateganya kongera kwiyamamariza kuyobora Zimbabwe mu matora ateganijwe umwaka utaha ubwo azaba asoje iyi manda ayoboye. Robert Mugabe amaze imyaka 37 ku butegetsi kuko yabugiyeho mu 1980, inshuro zitari nke mu gihugu cye humvikana imyigaragambyo hirya no hino y’abamusaba ko yarekura ubutegetsi hakayobora ugifite imbaraga ariko ntabikozwa,  abamushyigikiye nabo bamwereka ko bamuri iruhande.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5928 Posts

Politiki

4177 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1040 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga