• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Ibirombe byahitanye ubuzima bw’abantu

Umwanditsi
May 13, 2017

Mu murenge wa Rukoma mu tugari twa Murehe na Taba ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro yo mubwoko bwa Koruta byaridutse bihitana ubuzima bw’abantu babiri, umwe yakuwemo nubwo yaje gupfa nyuma undi aracyarimo.

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 13 Gicurasi 2017 ahagana saa yine z’amanywa, ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro ya Koruta mu kagari ka Murehe, umudugudu wa Rushikiri cyaridutse kigwira uwitwa Gakara Jean Claude w’imyaka 36 y’amavuko ahita apfiramo.

Iki kirombe cyahitanye Gakara ni icya Hatali Company y’uwitwa uwoyezantije Louis, uyu Gakara Jean Claude yari atuye mu mudugudu wa Rubuye, akagari ka Kabagesera mu murenge wa Runda, kugeza ubu ntabwo arakurwa mu kirombe kuko abaturage ubwabo badashobora kumugeraho kuko ari umusozi muremure waridutse.

Uretse kandi iki kirombe cyo mu kagari ka Murehe cyahitanye Gakara, ikindi kirombe cyo mu mudugudu wa Bukokora akagari ka Taba mu murenge wa Rukoma, ahagana saa Sita n’igice z’amanywa, ikirombe cya Company yitwa Etablissement Thadee Ndaberetse ya Ndaberetse Thadee cyaridutse kigwira uwitwa Niyotwiringira Jean Paul w’imyaka 25 y’amavuko uvuka mu murenge wa Rukoma akagari ka Taba umudugudu wa Karuri kiramukomeretsa bikomeye byaje guhita bimuviramo urupfu.

Nkurunziza Jean de Dieu, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rukoma aganira n’intyoza.com yavuzeko amakuru y’ibi birombe ari impamo, ko batabaye nyuma yo gutabazwa n’abaturage ariko ngo nta kindi babashije gukora ngo bakize ubuzima bw’aba baturage, avuga ko umwe babashije kumukuramo nubwo yaje gupfa ariko undi ngo ntabwo birakunda baracyagerageza, avuga kandi ko umubyeyi w’uyu ukiri mu kirombe babashije kuganira nawe bakamuhumuriza. Avuga kandi ko intandaro y’iriduka ry’ibi birombe ishobora kuba yatewe n’imvura yaguye ari nyinshi ubutaka bukorohera.

Nkurunziza, yatangarije kandi intyoza.com ko abaturage bamutabaje yagiye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 23 ku rwego rw’akarere Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 igikorwa cyabereye ku rwibutso rw’akarere mu kibuza mu murenge wa Gacurabwenge. Avuga ko akimenya aya makuru we na Komanda wa Polisi ku rwego rw’umurenge bahise batabara aho bagiye gufatanya n’abaturage gushaka uko abagwiriwe n’ikirombe batabarwa.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga