• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Kwimurira abagororwa kure y’imiryango yabo ni “Amaburakindi”- CGP Rwigamba

Umwanditsi
May 15, 2017

Abafungwa cyangwa se abagororwa, kenshi usanga yaba bo yaba imiryango baturukamo bifuza ko bafungirwa hafi aho kubageraho byoroha, kuba hari abari kure y’imiryango yabo, ubuyobozi bw’amagereza mu Rwanda buvuga ko ari amaburakindi, gusa ngo nti bizatinga.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) rutangaza ko ubundi byakabaye byiza ko umuntu ufunze aba hafi y’aho umuryango we ushobora kumusura, gusa ibi ngo hari ubwo bidakunda ku bw’impamvu zitandukanye.

CGP George Rwigamba, umuyobozi mukuru w’uru rwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa agira ati:” Iyo umuntu agiye kure y’aho umuryango we uri, ubundi ni byiza ko umuryango we waba umusura, ntabwo bimushimisha, mu by’ukuri natwe ntabwo bidushimisha ariko nta kundi twabigeza, turabikora ariko nta kundi, ni amaburakindi, nabo ubwabo turababwira ngo ni mubyihanganire.”

Imwe mu ntandaro yo kuba abagororwa cyane abo muri Kigari barajyanwe kure y’imiryango yabo, ubuyobozi bw’amagereza mu Rwanda butangaza ko byatewe n’ibibazo ahanini byaturutse ku gushya kwa Gereza ya Gasabo (Kimironko) bigatuma abagororwa bimurwa.

Ubuyobozi butangaza kandi ko uretse no gushya kwa gereza ngo nyuma y’iminsi 2 gusa habaye imyigaragambyo y’abagororwa, buvuga ko kubera gutera amabuye, gufunga imihanda no kuba bakwangiza iby’abaturage bwahisemo kubasaranganya mu magereza hirya no hino cyane ko batari gutegereza ko igice cyo kwagura gereza ya Mageragere ariyo ya hafi cyuzura.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa rutangaza ko ubwo iki gice cyo kwagura gereza ya Mageragere kizuzura ngo bazagarurwa, gusa na none kwimura abagororwa biva ku mpamvu nyinshi zirimo rimwe na rimwe ibijyanye n’imyitwarire y’umugororwa n’izindi.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga