• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
03/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
03/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
03/11/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse

Nyamasheke: Umucungamari wa Koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30

Umwanditsi
May 15, 2017

Ndababonye Damien wari umucungamari wa Koperative COTEGA yatawe muri yombi na Polisi aho akurikiranyweho kunyereza umutungo wa Koperative usaga miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda.

Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ruharambuga yo mu karere ka Nyamasheke,  hafungiye  uwitwa Ndababonye Damien w’imyaka 43 y’amavuko ukekwaho kunyereza arenga miliyoni 30 muri koperative COTEGA y’abahinzi b’icyayi bo mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke, akaba ari umucungamari wayo.

Nk’uko umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba Chief Inspector of Police(CIP) Theobald Kanamugire abitangaza, ngo binyuze ku muyobozi w’iyi koperative muri iki gihe, abanyamuryango bayo bagera ku 3343 bagejeje ikirego kuri sitasiyo ya Polisi ya Kanjongo muri aka karere, nibwo ku italiki ya 12 Gicurasi 2017 hafashwe umucungamari wa koperative.

CIP Kanamugire mu kwemeza aya makuru yagize ati:” Nibyo koko uyu mugabo afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Ruharambuga, aho yafatanywe n’imodoka RAC 654 V nayo ya koperative, hatangijwe iperereza ryimbitse ngo hakurikiranwe ufite uruhare wese mu inyerezwa ry’amafaranga ya koperative.”

Akomeza avuga ko amafaranga agaragazwa n’abatanze ikirego ko yaburiwe irengero, ni 30,100,000 y’amanyarwanda aho agira ati:” Keretse hagize ibindi iperereza rigaragaza ko byabuze, kugeza ubu ni ariya mafaranga aregerwa akaba anahwanye n’agaciro k’iriya modoka yafatanywe.”

Kuri iki gikorwa, umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba akaba avuga ko abashinzwe amakoperative n’abayagize bakwiye kujya bumvikana kandi bakanoza imikoranire hagamijwe gukoresha mu buryo bukwiye umutungo izi koperative ziba zifite.

CIP Kanamugire yagize ati:” Ntawe ukwiye gukorersha umutungo wa koperative uko abyumva cyangwa ngo awukoreshe mu nyungu ze bwite cyangwa iz’agatsiko runaka kuko binyuranyije n’amategeko kandi bihanirwa, niyo mpamvu uriya mugabo afunze kandi ahamwe n’ibyo akekwaho yabihanirwa.”

Kunyereza umutungo bihanwa n’ingingo ya 325 y’igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda , bikaba bihanishwa igifungo kuva ku myaka 5 kugeza kuri 7 n’ihazabu yikubye inshuro kuva kuri ebyiri kugeza kuri eshanu z’agaciro k’ibyanyerejwe cyangwa ibyangijwe.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5903 Posts

Politiki

4154 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1026 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga