• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

ADEPR: Mu rukiko, abashinjwa kunyereza amamiliyari hagaragajwe amayeri bakoresheje

Umwanditsi
May 22, 2017

Amayeri yakoreshejwe n’abayobozi b’itorero rya Pantekote mu Rwanda (ADEPR) ubwo bari mu rukiko kuri uyu wa mbere tariki 22 Gashyantare 2017 ubushinjacyaha bwagaragaje amwe mu mayeri yakoreshejwe ngo hanyerezwe akayabo k’amamiliyari.

Ubwo abayobozi bakuri b’itorero rya ADEPR baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho inyerezwa ry’umutungo w’itorero bagezwaga imbere y’urukiko kuri uyu wa mbere tariki 22 Gicurasi 2017 ubushinjacyaha bwashyize ahagaragara amwe mu mayeri yakoreshejwe nabo mu kunyereza umutungo.

Guhera mu mwaka wa 2015, ubushinjacyaha bwagaragaje ko ubuyozi bw’iri torero rya ADEPR bwagiye muri banki ya BRD bukaka inguzanyo ndetse bakemeranywa ko izishyurwa mu myaka icumi, ni ukuvuga muri 2025.

Nyuma yo kwaka iyi nguzanyo, aba bayobozi ngo bahise bajya gushyira igitutu ku bayoboke b’itorero aho ngo bakusanije miliyari z’amanyarwanda eshatu na miliyoni magana atanu na mirongo cyenda n’ebyiri n’ibihumbi magana ane na mirongo itandatu na bitanu na magana atatu na makumyabiri n’ane (3.592.465.324 Frw). Aya mafaranga yakusanijwe ngo nta narimwe ryageze kuri banki ngo yishyurwe ahubwo ngo bagiye bayanyereza bakoresheje amayeri.

Ubushinjacyaha, bwasobanuye ko ngo hari abantu bagiye basinyirwa amasheki y’amafaranga menshi n’aba bayobozi ba ADEPR bikagaragara ko bishyuwe na ADEPR cyane ku bikoresho byakoreshejwe mu kubaka Hotel Dove iherereye ku Gisozi ariko nyamara ngo nyuma y’uko abasinyiwe bashyikiriye amafaranga bagahita bayashyira aba bayobozi nabo bayakoreshaga mu nyungu zabo bwite mu gihe abakirisito basabwaga amafaranga babwirwa ko ari ayo kwishyura Banki yabahaye umwenda.

Mu rukiro, ubushinjacyaha bwagaragaje ko amafaranga aba bayobozi bakuru ba ADEPR bafunze banyereje avuye mu misanzu y’abakirisito b’itorero Angana na Miliyari ebyiri na Miliyoni magana atanu na mirongo itatu n’ibihumbi magana atatu mirongo cyenda na bitanu na magana atandatu na cumi n’ane (2.530.395.614 Frw) aho ibi byose ngo byakozwe hagati y’umwaka wa 2015 na 2017.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Mubiligi Eric says:
    May 23, 2017 at 8:05 am

    Urukiko mubushishozi bwarwo ni rukore akazi karwo rugaragaze ukuri niba aba bashumba barateshutse kunshino bahanwe n’amategeko gusa birababaje kuba abayobozi b’amadini basigaye bagaragara mubikorwa bigayitse nkibi.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga