• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi-Gacurabwenge: Ubuzima bwe n’aho arara ni mbarubucyeye

Umwanditsi
June 7, 2017

Umubyeyi Tuyisenge Amina, amaranye uburwayi bukomoka ku mpanuka yagize ubwo yagwaga mu musarane wa metero 8 agakurwamo n’abaturage imyaka ibaye ibiri, yandikiwe kujya kwivuriza mu bitaro bikuru bya CHUK abura ubushobozi yigumira murugo, inzu abayemo abara ko aramutse abonye bucyeye.

Amina Tuyisenge, ni umubyeyi ufite abana bane akaba abana na babiri mugihe nta mugabo babana, atuye mu mudugudu wa Kamonyi akagari ka Nkingo mu murenge wa Gacurabwenge, afite uburwayi amaranye imyaka ibiri yabuze ubufasha ngo avurwe, inzu abamo nayo ngo ubuzima bwe abara ko ariho abonye bucyeye.

Tuyisenge, akubwiye imyaka ye dore ko afite imyaka 35 y’amavuko wumva akiri muto nyamara ubuzima bw’imibereho mibi bwahinduye igihagararo cye, avuga ko ubuzima bwe abona ntaho buhagaze abirebeye ku buryo abayeho n’aho aba. Iyo imvura iguye kandi byitwa ko aba munzu ngo ni ibibazo, iyo ijoro rije nabwo ngo ni uguterwa n’ibibwa n’ibindi bisimba.

Inzu uruhande rw’inyuma rwayo.

Agira ati:” Aha nta buzima mfite, nikubise mu musarane wa metero 8 nkurwamo n’abaturage uyu mwaka ntangiye ni uwakabiri, ntabufasha nabonye ngo nivuze kuko namaze mu bitaro bya Rukoma amezi nk’atatu banyohereza kujya kwivuriza kubitaro by’I Kigali bya CHUK ariko ndaza nyine nguma murugo kuko nta bushobozi nari mfite bwo kujya kuhivuriza, ubuyobozi si uko butazi ibibazo byanjye ariko nta kintu bumariye.”

Inzu urebeye imbere aho umuryango uri.

Akomeza agira ati:” kurya kwanjye ni ukurindira nk’umuturage nyine akikoramo akampa nk’icyo kiro cy’ibirayi, nangwa ako kamironko k’udushyimbo, ufite n’agafu nyine akampa nuko ngacuma ubuzima, mbayeho ku bw’abaturage bangirira neza, mbonye ubufasha nkavurwa nkabona n’unkura muri iki kizu ubanza nanjye naba umuntu nk’abandi.”

Marthe Umugiraneza, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gacurabwenge yemereye intyoza.com ko aya makuru y’imibereho ya Amina Tuyisenge ubuyobozi buyazi ndetse ko babiganiriye bakaba bari gushaka uko bamufasha, avuga kandi ko ubwo yavunikaga ngo ubuyobozi aribwo bwamuvuje.

Yagize ati:” Ikibazo cye turakizi, kimaze igihe ndetse afite abana 4 yabyariye iwabo, ni umuntu w’umusinzi unabyara abana bigaragara ko atanashoboye kubafasha, utanagaragaza abo bababyaranye cyangwa ngo banabane, yananiranywe na se kuko barabanaga kandi icyo gihe ntabwo twari kumufasha kuko se yari yishoboye, aho se amutereye ubu akaba aba wenyine twavuganye n’ubuyobozi bw’akagari n’umudugudu, mu bantu badafite uko bameze ku mazu, ubwiherero n’ibindi ari mu bagomba kubakirwa.”

Ubuzima bwa Tuyisenge, mu kiganiro yagiranye n’intyoza.com yakomeje avuga ko ari ubuzima bumugoye cyane, ni ukubara ko ariho abonye bucyeye, kwirirwa nabwo kuriwe ngo ni ihurizo, siwe ubona bwije ubundi ijoro naryo rikagira ibyaryo, uretse kuba inzu abamo avuga ko ari nko kuba kugasozi ngo n’ubwiherero ni ugutira.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga