• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Gakenke: Abakozi b’akarere bane na Gitifu wako wa 5 batawe muri yombi na Polisi

Umwanditsi
June 8, 2017

Abakozi batanu b’akarere ka Gakenke barimo n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere James Kansiime batawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ikorera muri aka karere bakurikiranyweho inyandiko mpimbano mu gutanga isoko ryo kubaka ikigo nderabuzima cya Minazi.

Amakuru agera ku intyoza.com ndetse agashimangirwa na Polisi y’u Rwanda, arahamya bidasubirwaho ko abakozi b’akarere ka Gakenke batanu barimo n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere Kansiime James ku mugoroba w’uyu wa gatatu tariki ya 7 Kamena 2017 batawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ikorera muri aka karere bakaba bafunze.

IP Innocent Gasasira, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’amajyaruguru yatangarije intyoza.com ko aba kakozi b’akarere batawe muri yombi ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wa tariki 7 Kamena 2017 bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza.

Yagize ati:” Amakuru y’itabwa muri yombi ry’aba bakozi b’akarere ni ukuri. Bafashwe ku mugoroba, ejo mu ma saa kumi n’ebyiri nibwo bafunzwe bakaba bakekwaho icyaha cyo guhimba inyandiko mu isoko ryatanzwe hubakwa inyubako y’ikigo nderabuzima cya Minazi kiri mu karere ka Gakenke, ubu iperereza rikaba rikomeje bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze.”

Abatawe muri yombi na Polisi ni; Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Gakenke James Kansiime, abakozi babiri bashinzwe inyubako, undi umwe ushinzwe iby’amashanyarazi hamwe n’ushinzwe gukurikirana bikorwa by’ubuzima mu karere ka Gakenke.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga