• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Christiano Ronaldo mu nzira igana inkiko ashinjwa kunyereza imisoro

Umwanditsi
June 13, 2017

Umukinnyi w’igihangange mu mupira w’amaguru ku Isi Christiano Ronaldo (CR7) ukinira ikipe ya Real Madrid mu gihugu cya Esipanye, yashyizwe mu majwi n’abategetsi b’iki gihugu aho bamushinja kunyereza akayabo k’imisoro.

Abategetsi b’igihugu cya Esipanye, batangaje ko bagiye kujyana mu nkiko umukinnyi w’igihangange Christiano Ronaldo bamushinja kunyereza akayabo k’amafaranga y’imisoro yagombaga kwishyura angana na Miliyoni 16,5 z’amadorari ya Amerika.

Ubushinjacyaha bwa Esipanye bwatangaje ko iyi misoro yanyerejwe na Ronaldo ngo ari ikomoka ku mafaranga yavuye ku burenganzira bwo gukoresha amafoto ye hagati y’umwaka wa 2011 na 2014 nubwo Christiano ubwe nta nakimwe arabivugaho.

Christiano Ronaldo ukomoka mu gihugu cya Porutigali, nkuko amakuru dukesha BBC abivuga ni undi mukinnyi ukomeye muri shampiyona ya Esipanye wongeye kuvugwaho amahano y’inyerezwa ry’imisoro nyuma ya Lionel Messi we wanagejejwe mu nkiko na se umubyara bashinjwa inyerezwa ry’imisoro.

Abategetsi ba Esipanye, bavuga ko ngo Ronaldo yakoresheje nkana uburyo butunganije mu kunyereza imisoro ku makonti ye ari hanze, umuvugizi w’umuntu uhagarariye Christiano Ronaldo mu kwezi kwa Gicurasi 2017 yatangaje ko batuje bategereje iperereza kuri iki kibazo ngo kuko ntacyo bishisha.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga