• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Urukiko rwa Musanze rwategetse ko Gitifu wa Gakenke na bagenzi be 4 bahita bafungurwa

Umwanditsi
June 23, 2017

Nyuma yo gusanga ibimenyetso bishinja Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Gakenke bwana Kansiime James na bagenzi be bane bidahagije, urukiko rwisumbuye rwa Musanze rwahise rutegeka ko bahita barekurwa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Musanze bwana Kansiime James na bagenzi be bane baregwa m’urubanza rumwe aho bakurikiranyweho icyaha cy’Inyandiko mpimbano mu gutanga isoko ry’iyubakwa ry’ikigo nderabuzima cya Minazi no kunyereza umutungo wa Leta, urukiko rwisumbuye rwa Musanze rwategetse ko bahita barekurwa nyuma yo gusanga nta bimenyetso bihagije byatuma bakomeza kuguma m’uburoko.

James Kansiime na bagenzibe aribo; Murenzi Augustin ushinzwe ibidukikije mukarere, Ntawiniga Michel ushinzwe ibijyanye no kwita ku gusana imihanda mu karere, Ntirenganya Epimaque ushinzwe iby’amashanyarazi mukarere hamwe na Janvier Uwamahoro ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi mu karere ka Gakenke bose urukiko rwategetse guhita bafungurwa nubwo ubushinjacyaha bwo bwahise bujurira.

Urubanza rw’aba bagabo uko ari batanu rwasomwe kuri uyu wagatanu, bari bagejejwe imbere y’ubutabera kuri uyu wa kane tariki 22 Kamena 2017 maze bose bahakana bivuye inyuma ibyo bashinjwa, mu isomwa ry’ibyo baregwaga, rwahise rutegeka ko bahita bafungurwa kuri uyu wa Gatanu kuko rwasanze nta bimenyetso bihagije byatuma bakomeza gufungwa.

Aba bakozi b’akarere ka Gakenke bose uko ari batanu barimo n’uyu munyamabanga nshingwabikorwa w’akarere Kansiime James bari batawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ku mugoroba wo wa gatatu tariki ya 7 Kamena 2017 bahita bajyanwa gufungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga