• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi: Abatoza b’intore 555 batumwe mu midugudu 37 mu murenge wa Rukoma

Umwanditsi
June 25, 2017

Imidugudu 37 igize umurenge wa Rukoma yakiriye abatoza b’Intore 15 muri buri Mudugudu, aba batoza bagiye gutoza abaturage muri gahunda zitandukanye z’ubuzima babamo kandi buri wese afite inshingano zitandukanye n’izundi.

Inshingano zahawe Abatoza b’Intore mu Murenge wa Rukoma ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu tariki 24 Kamena 2017 ni ubutumwa bagomba kujyana mu midugudu 37 igize uyu murenge, basabwa gutoza abaturage mu ngeri zitandukanye z’imibereho yabo ya buri munsi kandi buri mutoza afite inshingano zitandukanye n’iza mugenzi we.

Gahigiro Pierre Celestin, umwe mubatoza b’intore batumwe ku rwego rw’umudugudu gutoza abaturage, yabwiye intyoza.com ko iki ari igikorwa bishimiye cyane ko ari umusanzu wabo nk’abaturage mu gufasha gahunda za Leta n’umuturage mu iterambere rirambye.

Ibyishimo byari byose kubatoza biteguye gutumwa.

Yagize ati:” Itorero rirahindura, rizana impinduka nziza mu buzima bw’umuntu, wunguka ubumenyi bushingiye ku ndangagaciro na kirazira, hari byinshi dushyiriye abaturage bishingiye kubyo bari basanzwe bakora, tugiye kubatoza kurushaho kubikora neza, imibereho ibe myiza kurushaho, twihute mu iterambere ntawe usize undi.”

Jean de Dieu Nkurunziza, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rukoma yatangarije intyoza.com ko abatoza bose uko ari 555 buri mudugudu ufite 15 mu midugudu 37 igize umurenge, avuga ko nta numwe uhuje n’undi inshingano muri buri mudugudu.

Nkurunziza Jean de Dieu, Gitifu wa Rukoma ari kumwe n’umutahira w’Intore mukarere ka Kamonyi, Chantal Mugirasoni.

Yagize ati:” Buri wese afite inshingano zitandukanye n’iza mugenzi we, harimo nk’ushinzwe umugoroba w’ababyeyi, ntawe utazi akamaro kawo, Hari ushinzwe ibijyanye no gutegura indyo yuzuye, Igikoni cy’umudugudu, ibi ngira ngo agaciro kabyo nti gashidikanywaho mu muryango, Hari ushinzwe gahunda y’Igitaramo mu muryango, Hari ushinzwe imyiyereko na Siporo, ibi nabyo ngira ngo tuzi akamaro kabyo ku buzima bw’umuntu, ni byinshi kandi byose bifitiye umuturage akamaro, si uko bitakorwaga nubwo wenda hari abatabikoraga ariko aba bagiye gufasha abaturage kurushaho kubinoza.”

Abatoza b’intore bacyereye gutumwa ku rwego rw’umudugudu.

Nkurunziza, avuga ko izi ari imbaraga bungutse nk’ubuyobozi, ko niba nk’umuyobozi afite gufasha abaturage mu guhindura imyumvire n’imitekerereze yabo abiganisha aheza hajyana n’indangagaciro no mu kwigira, ko rero abona yabyungukiyemo kuko ngo niba abonye abantu 555 bamufasha inyungu ye ni iyo. Abonye abafasha benshi kandi bafite ubushake, bafite ubushobozi, avuga ko iyo umuzigo ari uwumwe uramuvuna ariko ngo iyo abantu bawusaranganije uroroha, ati Ntabwo nzajya ntera ngo niyikirize.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga