• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye
09/07/25
Kamonyi: Abanyarugalika bizihije umunsi wo Kwibohora bashimangira uruhare rwabo mu bikorwa by’iterambere
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye
09/07/25
Kamonyi: Abanyarugalika bizihije umunsi wo Kwibohora bashimangira uruhare rwabo mu bikorwa by’iterambere
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro

Gakenke: Gitifu nyuma yo gufungurwa yasezeye ku mirimo ye

Umwanditsi
June 28, 2017

Kansiime James, Gitifu w’akarere ka Gakenke nyuma yo gufatwa agafungwa ariko akaza gufungurwa kuko habuze ibihamya byatuma akomeza gufungwa, nyuma y’iminsi micye afunguwe yeguye ku mirimo ye.

Kuri uyu wa kabiri tariki 27 Kamena 2017 nibwo Kansiime James wari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Gakenke yeguye ku mirimo ye nyuma y’igihe gito afunguwe kuko yari yatawe muri yombi na Polisi ariko habura ibimenyetso bihagije byatuma akomeza gufungwa.

Hitimana Telesphore, Perezida w’Inama Njyanama y’akarere ka Gakenke yemereye intyoza.com amakuru y’Iyegura ry’uyu wari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ko ari ukuri.

Yagize ati:” Niko byagenze, iyo nkuru ni impamo. Ubwegure bwe yabutanze, inama y’inama njyanama turateganya ko izaterana vuba bitarenze kuri uyu wagatanu kugira ngo twemeze ubwegure bwe.”

James Kansiime, ubwo yatabwaga muri yombi na Polisi y’u Rwanda yri kumwe na bagenzibe aribo; Murenzi Augustin ushinzwe ibidukikije mukarere, Ntawiniga Michel ushinzwe ibijyanye no kwita ku gusana imihanda mu karere, Ntirenganya Epimaque ushinzwe iby’amashanyarazi mukarere hamwe na Janvier Uwamahoro ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi mu karere ka Gakenke bose urukiko rwategetse ko barekurwa.

Kansiime James na bagenzi be 4 nawe wa gatanu, bari batawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ku mugoroba wo kuwa gatatu tariki ya 7 Kamena 2017 bahita bajyanwa gufungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze, Isomwa ry’urubanza rwafatiwemo umwanzuro usaba ko Kansiime James na bagenzi be bahita barekurwa ryabaye kuwa gatanu tariki 23 Kamena 2017.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5830 Posts

Politiki

4081 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga