• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
17/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
17/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye
17/10/25
Kamonyi-Kayenzi/GIMI: Barishimira ikorwa ry’Umuhanda wari umaze guhinduka nk’inzira

Ruhango: Dore agashya utamenye mu murenge wa Ntongwe

Umwanditsi
June 29, 2017

Umurenge wa Ntongwe wo mugice kizwi nko mu mayaga, ubuyobozi buvuga ko bwashyize gahunda ya buri mukozi kuri bose babireba, aho umukozi ugiye yandika kukibaho kiri hanze akagaragaza aho agiye, igihe azagarukira na Nomero abonekeraho, hari n’ikindi.

Nemeyimana Jean Bosco, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Ntongwe atangaza ko gahunda yo gushyira ku karubanda aho umukozi yagiye, igihe agarukira ndetse na terefone abarizwaho ngo byafashije ubuyobozi mu gutanga serivise nziza ku muturage.

Kuri iki kibaho, cyandikwaho amazina y’umukozi ndetse n’icyo ashinzwe, handikwaho kandi aho agiye n’igihe azamara cyangwa se azagarukira, hashyirwaho kandi nomero za terefone ngendanwa z’umukozi kuburyo uwamushaka yahita amuhamagara. Ikibaho kimanitse hanze ahitegeye umuntu wese uje ku murenge kuburyo umukozi utari mu murenge uhita ubibona kukibaho byaba ngombwa ukanamuhamagara.

Ikibaho cyandikwaho.

Nemeyimana agira ati:” Ni ibintu njyewe nakunze kandi nashimye, buriya umukozi ugiye muri konji cyangwa se utari mubiro, kiriya kibaho acyandikaho mbere y’uko agenda akagaragaza igihe agendeye n’igihe azagarukira, haba hariho amazina ye n’icyo ashinzwe, birumvikana serivise ntabwo zihagarara kuko haba hari uwamusimbuye ariko nk’ushaka umuntu kugiti cye arabibona cyangwa se akaba yamuhamagara akirebeyeho.”

Gitifu Nemeyimana, atangaza kandi ko mu rwego rwo guha serivise nziza umuturage no kumufasha kutagira ingendo akora zimubuza kwikorera imirimo ye ya buri munsi asiragira ku biro by’umurenge, yasabye abakuru b’imidugudu 46 yose igize uyu murenge kujya begera umuturage, mu gihe afite ikibazo ashaka kuzana ku murenge cyangwa se icyo ashaka kubaza akamuha terefone( bafite terefone bakoresha) akabanza akavugana na Gitifu w’umurenge mbere yuko ahaguruka iwe ajya ku murenge. Ibi ngo bimufasha kutaruhira ubusa ajya ku murenge kureba ubuyobozi kandi wenda hari ubwo yahagera agasanga uwo ashaka ntahari kubera izindi mpamvu zitandukanye zirimo n’iz’akazi.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5891 Posts

Politiki

4142 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga